Yanditswe Aug, 29 2020 11:52 AM | 106,297 Views
Ikigo cy’Igihugu
gishinzwe Ubuzima (RBC) cyashyize ahagaragara amabwiriza yo kwishyira mu kato
mu rugo n’uburyo bwo kwita ku barwayi ba covid19 bari mu ngo zabo.
Mu Rwanda hamaze kugaragara bamwe mu bantu bakize koronavirusi nyuma yo gukurikiranwa n’abaganga mu ngo zabo. Abakize iki cyorezo mu Karere ka Rusizi bavuga ko ubu buryo bwatumye barushaho guhumurizanya kandi bakabasha gukira icyorezo cya covi19.
RBC ivuga ko abarwayi ba Covid19 bagaragaza ibimenyetso bikaze ndetse n’abandi bageze mu gihe cy’uburwayi bazakomeza kwitabwaho no kuvurirwa ahabugenewe.
Aya mabwiriza akaba anagendera ku nama z’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima OMS, zivuga ko iyo umuntu ataragaraza ibimenyetso bikaze ashobora kwitabwaho mu buryo bw’umwihariko atari mu bandi cg akaba yakwitabwaho ari iwe mu rugo.
Umuyobozi Mukuru wa RBC, Dr Sabin Nsanzimana avuga ko uburyo icyorezo kigenda gihundura isura ari na ko abantu bagenda bashaka uburyo bushya bwo guhangana nacyo kandi ko ubwo buryo bwatangiye kugeragezwa busangwa bukora neza bitewe n'uko abo bapimaga basangaga badafite ibimenyetso bagera nko kuri 80% basangaga bameze neza.
Dr Sabin avuga ko imbaraga zigiye kuzajya zishyirwa ku barwayi barembye kurusha abandi abandi bagafashirizwa mu rugo iwabo.
Ati ''Ubu rero turagenda tugira abarwayi banaremba kurushaho ndetse hakabamo n'abitaba imana, imbaraga nyinshi birumvikana zirajya kuri abo barembye, ku buryo abadafite ibimenyetso, abameze neza ,hari ibyo basabwa by'ibanze kugira ngo abe yanakurikiranwa ari mu rugo,…twari tumaze igihe gisaga ukwezi tubigerageza ahantu hatandukanye mu Ntara y'Iburasirazuba, Iburengerazuba ndetse n'Umujyi wa Kigali.Twaje gusanga ko bikora neza cyane. »
Muri ayo mabwiriza RBC ivuga ko nyuma yo gupima umuntu bagasanga afite COvid 19 ariko atarembye hari amabwiriza yo kumukurikiranira mu rugo harimo no kuba we ubwe abyemera, akanishyira mu kato we ubwe.
Dr Nsanzimana ati ''Icya 1 nyamukuru ni ukuba anabyemera, icya 2 ni ukuba n'igipimo yapimwe kimugaragazaho ubwo burwayi, ikindi ni ikijyanye no kwishyira mu kaho n'ahantu n'umuntu uko abyihitiyemo hakaba n'inzego zizajya zibikurikirana harimo inzego z'ibanze, abajyanama b'ubuzima n'itsinda ry'abaganga rizajya ribahamagara buri munsi buri munsi kuirango ryumve ko ntawagize ibimenyetso akaba yaheze mu rugo.''
Muri iyi gahunda yo kuvurira abarwayi ba Covid 19 mu ngo mu Karere ka Rusizi, yatangiranye n’abarwayi 50, ariko kugeza mu ntangiriro zúku kwezi abantu 22 bari bamaze gukira.
Kugeza ubu mu Rwanda, 70% by’abamaze kugaragarwaho na coronavirus ni abari muri iki cyiciro cy’abafite ibimenyetso byoroheje n’abandi batabigaragaza.
Bienvenue Redemptus
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru