AGEZWEHO

  • Prince Kiiiz yasezeye muri Country Records – Soma inkuru...
  • Ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique zagabye ibitero ku byihebe mu Ntara ya Nampula – Soma inkuru...

Perezida Kagame yasabye abayobozi bashya gukorana

Yanditswe Jun, 07 2023 13:04 PM | 36,803 Views



Perezida wa Republika Paul Kagame arasaba abayobozi bashya barahiye kuri uyu wa Gatatu gukora neza kandi bumva uburemere bw’inshingano bahawe kuko hafi byose bikorerwa Igihugu n’Abanyarwanda.

Ibi Umukuru w’Igihugu yabivuze nyuma yo kwakira indahiro z’abayobozi bashya barimo Minisitiri w’Ingabo Juvenal Marizamunda, Lt General Mubaraka Muganga, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Major General Vincent Nyakarundi, Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka na Brig. General Evariste Murenzi, Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora.

Yabasabye gufatanya kandi bakuzanya n’abandi bayobozi mu nzego zitandukanye kugira ngo Igihugu kigere ku byo kiba giteze ku bayobozi.

Yagize ati “Iteka aho umuntu agiye hose cyangwa aho aba asanzwe, iyo mirimo ni ukuyikora uko bishoboka, igakorwa neza, igakorwa twumva uburemere bw’izo nshingano, bitewe n’uko hafi byose cyangwa byose tuba tubikorera Igihugu n’abanyarwanda. Abantu mu nzego zitandukanye bagomba gufatanya kugira ngo igihugu kigezweho ibyo kiba gitegereje ku bayobozi.”

Abayobozi barahiye bashyizweho na Perezida Kagame ku wa Mbere w’iki Cyumweru.


Jean-Claude NDAYISHIMYE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Par

Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya

Abahanzi basaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennia

Art Rwanda Ubuhanzi yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2