AGEZWEHO

  • U Rwanda rwateye utwatsi ibirego bya Amerika yarushinje kurasa mu nkambi i Goma – Soma inkuru...
  • Prince Kiiiz yasezeye muri Country Records – Soma inkuru...

Marizamunda yagizwe Minisitiri w’Ingabo Mubarakh agirwa Umugaba Mukuru wa RDF

Yanditswe Jun, 05 2023 23:18 PM | 38,180 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, kuri uyu wa Mbere yakoze impinduka mu buyobozi bw’inzego z’umutekano, aho yashyizeho Minisitiri mushya w’Ingabo ndetse n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z'u Rwanda.

Itangazo ryaturutse mu Biro by’Umukuru w’Igihugu, rivuga ko Umukuru w’Igihugu yagize Marizamunda Juvenal Minisitiri w’Ingabo asimbuye General Major Albert Murasira. Marizamunda akaba yari asanzwe ari Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS).

Perezida Kagame yanashyizeho Umugaba Mukuru w’Ingabo, Lt General Mubarakh Muganga asimbuye General Jean Bosco Kazura. Lt General Mubarakh akaba yari asanzwe ari Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka.

Mu bandi bayobozi bakuru mu ngabo z’u Rwanda bashyizweho harimo:

Maj. General Vincent Nyakarundi wagizwe Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka

Maj. General Alex Kagame yagizwe  JTF Commander muri Mozambique

Col Theodomir  Bahizi Battle Commander muri Mozambique

Maj. General Eugene Nkubito yagizwe Umuyobozi wa Diviziyo ya 3 ya RDF

Lt Col Augustin Migabo yahawe ipeti rta Colonel, agirwa Umuyobozi wungirije w’Umutwe udasanzwe w’Ingabo z’u Rwands

Briga General Evariste Murenzi yagizwe Umuyobozi Mukuru wa RCS

Col Regis Gatarayiha yagizwe Umuyobozi w’agateganyo w’ishami rishinzwe ubutasi bwa gisirikare Muri RDF

Jean Bosco Ntibatura yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe iperereza n’umutekano, NISS.

Jean-Claude NDAYISHIMYE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ben Kayiranga yagaragaje uko Visit Rwanda yugururiye amarembo Abanyarwanda i Par

Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya

Abahanzi basaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennia

Art Rwanda Ubuhanzi yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2