AGEZWEHO

  • Burera: Abaturage 6 bakomerekejwe n’imbogo zasohotse muri Pariki y’Ibirunga – Soma inkuru...
  • Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Guinée Conakry – Soma inkuru...

Prince Kiiiz yasezeye muri Country Records

Yanditswe May, 05 2024 11:12 AM | 156,896 Views



Irasubiza Moïse Prince wamamaye nka Prince Kiiiz yatangaje ko yasezeye muri Country Records aho agiye gutangiza ‘studio’ ye izajya itunganyirizwamo indirimbo z’abahanzi.

Ni icyemezo yatangaje ku wa Gatandatu abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, avuga ko yari amaze igihe afite inzozi zo kwikorera kugira ngo abashe gutanga umusanzu mu kubaka umuziki Nyarwanda.

Mu kiganiro yagiranye na RBA yagize ati “Ni icyemezo nafashe natekerejeho, kandi zari inzozi zanjye z’uko nanjye nshobora kwikorera, ngatanga umusanzu wanjye mu muziki mbinyujije muri Studio yanjye.”

Prince Kiiiz umaze umwaka azwi mu ruhando rwo gutunganya indirimbo mu buryo bw’amajwi, kwandika indirimbo z’abahanzi no gucuranga ibyuma by’umuziki bitandukanye yavuze ko mu gihe cya vuba azaba yamaze gutangaza izina rya studio ye n’aho izaba ikorera.

Ati “Vuba ndatangaza izina rya studio n’aho tuzaba dukorera, ariko icyo nakwizeza ni uko izaba iri ku rwego rwiza kuko ndi umuntu ukunda gukora ibyiza. Icyo nkeneye ni uko abantu banshyigikira kuko hari ibikorwa n’ibintu bishyashya ngiye kuzana.”

Prince Kiiiz yinjiye muri Country Records avuye muri 1:55 AM Ltd., aho yageze agakora indirimbo nyinshi zakunzwe zirimo “When she is around” ya Bruce Melodie na Shaggy.

Ni we wakoze “Do Me” ya Bwiza, “Confirm”, “My Type” za Danny Nanone, “Fake Gee” ya Alyn Sano n’izindi nyinshi.

Umwaka ushize, Prince Kiiz yegukanye igihembo cy’utunganya indirimbo mu buryo bw’amajwi (Best Producer) wahize abandi mu mwaka wa 2023 mu bihembo bya Isango na Muzika Awards.

Prince Kiiiz akora umuziki nk’umwuga cyane ko yawize mu Ishuri ry’u Rwanda ry’Umuziki, ryahoze ryitwa irya Nyundo, aho yarangije amasomo ye mu 2021.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Burera: Abaturage 6 bakomerekejwe n’imbogo zasohotse muri Pariki y’I

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Guin&

Abatuye Afurika bagomba kubakira iterambere ryawo ku bisubizo by'ibibazo bi

Imitwe ya Politiki ya FPR-Inkotanyi na PL yatanze abakandida yifuza ko bazaba Ab

U Rwanda U20 rwegukanye Irushanwa ry’Akarere ka 5 muri Handball

Perezida Kagame yatanze kandidatire ku mwanya w'Umukuru w'Igihugu

Abanyarwanda basaga miliyoni ebyiri bagiye gutora Umukuru w’Igihugu bwa mb

Abantu 8 bashaka kwiyamamaza ku giti cyabo mu matora ya Perezida w’u Rwand