AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Perezida Kagame yakiriye abantu barenga 3000 mu birori by'umwaka mushya

Yanditswe Dec, 31 2022 09:32 AM | 10,087 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame asanga umwaka wa 2022 warabaye mwiza kurusha imyaka ibiri ishize kandi uwa 2023 uzarushaho kuba mwiza ku Rwanda. 

Umukuru w'igihugu ibi yabigarutseho mu ijoro ryakeye ubwo we na Madame Jeannette Kagame bakiraga ku meza ababarirwa mu bihumbi bitatu baturutse hirya no hino mu gihugu mu birori byo gusoza umwaka wa 2022 no kwishimira uwa 2023 tugiye kwinjiramo. 

Mu ijambo rigufi yavugiye muri uwo munsi mukuru, Perezida Paul Kagame yasabye buri wese kurushaho kuzuza inshingano ze uko bikwiye ku neza ye n'iy'igihugu muri rusange kugira ngo u Rwanda rukomeze gutera imbere. Yavuze ko nubwo uyu mwaka wa 2022 wabaye mwiza kurusha uwa 2021 na 2020, yizeye ko uwa 2023 wo uzarushaho gutunganira u Rwanda igihugu kikarushaho gutera imbere.

Ibi birori ngarukamwaka byo gusoza umwaka urangiye no kwishimira umushya Umukuru w'igihugu na Madamu babitumiyemo abayobozi mu nzego zose zaba iza leta, iz'abikorera, sosiyete sivile n'izindi, abavuga rikumvikana baturutse hirya no hino mu gihugu ndetse n'abo bashakanye. 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage