AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Bufaransa

Yanditswe Dec, 20 2021 18:28 PM | 42,152 Views



Kuri uyu wa Mbere i Paris mu Bufaransa, Perezida Paul Kagame yakiriwe na mugenzi we w’iki gihugu, Emmanuel Macron baganira ku ngingo zinyuranye zijyanye n’umubano w’ibihugu byombi.

Uru ruzinduko nirwo rwa mbere kuva mugenzi we Emmanuel Macron yaza i Kigali muri Gicurasi uyu mwaka.

Icyo gihe Macron yavuze ko yazanywe mu Rwanda no kwemera uruhare rw’igihugu cye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yemera umusanzu w’u Bufaransa mu gukurikirana mu butabera abakekwaho uruhare muri ayo mahano.

Kugeza ubu aho mu Bufaransa hamaze gucibwa imanza 3 ku byaha bya Jenisde yakorewe Abatutsi, nta gihindutse muri uyu mwaka utaha hateganijwe izindi zigera muri 2.

Uruherutse rwasomwe kuri uyu wa Kane aho umunyarwanda Claude Muhayimana yakatiwe imyaka 14 y’igifungo, amaze guhamwa n’ibyaha by’ubufatanyacyaha muri jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’ubufatanyacyaha mu byaha byibasiye inyoko muntu.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage