AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Perezida Kagame yagaragarije amahanga ibimaze gukorwa ngo uburezi mu Rwanda butere imbere

Yanditswe Jul, 29 2021 18:52 PM | 36,618 Views



Perezida wa Republika Paul Kagame yabwiye abitabiriye inama ku burezi ko Covid19 idakwiriye guhungabanya ibyagezweho muri uru rwego. 

Ni inama yabereye mu Bwongereza yayobowe na Minisitiri w’intebe w’iki gihugu Boris Johnson ndetse na Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta. 

Ni inama Perezida Kagame yayitabiriye yifashishije ikoranabuhanga. Mu ijambo rye yagize ati  Ati "yi nama ni ingenzi cyane kuko itwibutsa ko icyorezo kiriho ubu cya covid19 kitagomba gusubiza inyuma ibyo urwego rw’uburezi rwagezeho, haba mu ireme cyangwa mu kubugeraho by’umwihariko muri Afrika. Ku isi turacyakeneye gukuba inshuro 3 imari ishorwa mu burezi kugira ngo tugere ku byo intego z’iterambere rirambye ziteganya."

Umukuru w'Igihugu yavuze ko u Rwanda rwakoze cyane kugira ngo rugere ku ntego ya 20% by’imari ijya mu burezi nk’uko rwari intego.

Yunzemo ati "Harimo n’ingamba zo ku rwego rw’igihugu zo guhanga ibishya zafashije kubaka ibyumba by’amashuli asaga 22.500 mu mwaka ushize. Ibi ni umusingi tuzubakiraho ibindi byinshi kandi koko haracyari byinshi twese dusabwa gukora. Nk’urugero kongera uburyo bunoze bwo gukoresha amafaranga ashorwa, hamwe no gushyira mu burezi imari yisumbuye bizatuma abana bose bategurwa neza banashobore kwirwanaho mu buzima. 

Perezida Kagame yavuze ko ishoramari rirambye mu burezi ku rwego rw’amashuri makuru na kaminuza ari ingenzi cyane mu guteza imbere ubumenyi bwihariye bukenewe mu kuzamura ubukungu  no kwihutisha iterambere.  Ashimangira u Rwanda rwiteguye gukomeza gukorana n’abafatanyabikorwa ku rwego rw’isi mu by’uburezi n’abo mu karere kugira ngo rugere ku musaruro mwiza wo kwiga. 

 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage