AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Perezida Kagame yabonanye n'abayobozi bakuru b'intara ya Rhénanie-Palatinat

Yanditswe Oct, 27 2022 16:09 PM | 100,469 Views



Kuri uyu wa Kane, Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w'Intara ya Rhénanie-Palatinat Malu Dreyer na Perezida w'Inteko Ishinga Amategeko w'iyi ntara. 

Bombi bari mu Rwanda mu rwego rwo kwizihiza imyaka 40 y'ubufatanye hagati y'u Rwanda n'iyi ntara yo mu Budage. 

Ibiro by'Umukuru w'Igihugu, Urugwiro Village bitangaza ko baganiriye ku musaruro wavuye mu bufatanye mu nzego zinyuranye zirimo uburezi n'ubuzima. Banakomoje ku mikoranire mishya mu nzego zinyuranye zirimo siporo ndetse n'ingufu. 

Binyuze muri ubu bufatanye hirya no hino mu turere tw’u Rwanda hakozwe imishinga ifite uruhare mu guhindura imibereho y’abaturage haba mu rwego rw’ubuzima,uburezi n’ibindi.Intumwa 36 ziturutse uri ntara ya Rhenanie Palanitat zafashe umwanya wo gusura imwe muri iyi mishinga.

Nko mu Karere ka Ruhango basuye ikigo Saint François d'Assise cyita ku bana bafite ubumuga bw’ingingo na ho mu Karere ka Ngororero basura ishuri rya Nyange rifite amateka yo kuba bamwe ba ryigagagamo baragizwe intwari nyuma yo kwanga kwitandukanya hashingiwe ku moko ubwo babisabwaga n’abacengezi babagabyeho igitero

Ubwo hizihizwaga isabukuru y’imyaka 40 y’umubano w’u Rwanda n’intara ya Rhnanie Palatinat mu Budage,umuyobozi w’iyi ntara yishimiye ko kuyizihiza bihuriraye n’itangizwa ry’umushinga w’uruganda rukora inkingo abazawushyira mu bikorwa bakaba bakomoka muri iyi ntara.






Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage