Yanditswe Sep, 01 2018 21:48 PM | 12,432 Views
Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu we Jeannette Kagame bari i Beijing mu Bushinwa aho bazitabira Inama y'Ihuriro ku bufatanye bwa Afurika n'u Bushinwa yiswe FOCAC.
Ni inama iteganijwe gutangira kuri uyu wa mbere mu murwa mukuru w’ubushinwa Beijing. Iyi nama izibanda ku ngingo zitandukanye zirimo ishoramari ry'ubushinwa n'indi mishinga minini y'ibikorwa remezo ku mugabane wa Africa iteganyijwe gutangira ku wa mbere ku itariki 3 kugeza ku ku wa kabiri ku itariki 4 z'uku kwezi kwa cyenda.
Aha kandi I Beijing Perezida wa Repubulika Paul Kagame yahuye kandi agirana ibiganiro na minisitiri w’intebe wa Ethiopia Dr Abiya Ahmed. Ni ibiganiro byitabiriwe n’itsinda ryabayobozi b’ibihugu byombi.
Muri rusange umubano wa Afurika n’u Bushinwa ushingiye ku bijyanye na politiki, ibikorwa remezo, inganda n’ubuhinzi. Urugero ni aho wavuyemo imishinga irimo umuhanda wa gariyamoshi uhuza Djibouti na Ethiopia, ndetse no gutera inkunga imishinga y’ibyanya byahariwe inganda hirya no hino ku mugabane.
By’umwihariko mu Rwanda iyi nama ivuze byinshi. Umubano w’ibihugu byombi urakomeye, buri kimwe gifite ambasaderi mu kindi. Uretse ibyo, amasosiyete akomeye y’Abashinwa arimo ay’ubwubatsi arakomeye ku isoko ry’u Rwanda mu kubaka ibikorwaremezo nk’imihanda, imiturirwa n’ibindi.
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru