AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye siporo rusange

Yanditswe Mar, 02 2020 09:31 AM | 16,033 Views



Kuri iki Cyumweru Perezida wa Republika na Madame we Jeannette Kagame, n’abandi bayobozi batandukanye bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali muri Siporo rusange, imaze kumenyerwa nka Car Free Day, iba kabiri mu kwezi ikitabirwa n’abantu b’ingeri zose.

Ni siporo irangwa n’ibikorwa binyuranye birimo kugenda n’amaguru cg kwiruka ku babishoboye, kugenda ku magare n’ibindi igasozwa hakorwa imyitozo ngororamubiri aho abitabiriye iyi siporo bahurira ku bibuga byabugenewe.

Umwihariko wa sporo rusange yo kuri iki cyumweru habayeho gupima umuriro abayitabiriye kugira ngo barebe ko bataba bafite indwara ya coronavirus.

Bamwe mu baturage bayitabira mu buryo buhoraho bavuga ko ari sport y'ingirakamaro kandi ituma barushaho kugira ubuzima bwiza.

Iyi gahunda yatangijwe n’Umujyi wa Kigali muri Gicurasi 2016 mu rwego rwo gufasha abawutuye kugira ubuzima buzira umuze, mu rwego rwo gukumira indwara zimwe na zimwe zitandura.

Muri Werurwe umwaka ushize, Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwongereye ahabera iyi siporo, buri karere kawugize kagenerwa ahantu abaturage bahurira.





Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage