AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Mbere y'uko yitaba Imana Padiri Ubald Rugirangoga yari yarasabye ko yazashyingurwa mu Rwanda

Yanditswe Jan, 08 2021 13:21 PM | 92,668 Views



Padiri Rugirangoga Ubald wamenyekanye cyane kubera ibikorwa by’isanamitima n’ibindi byiganjemo ibyo gusengera abarwayi bagakira, yitabye Imana mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu. Yari amaze iminsi arembeye muri Amerika. 

Amakuru y'urupfu rwe yatangajwe na Musenyeri Celestin Hakizimana umushumba wa diyosezi gatolika ya Gikongoro akaba n'umuyobozi wa diyoseze ya Cyangungu. 

Yabwiye RBA ko nyakwigendera mbere y'uko yitaba Imana yari yarasabye ko azashyingurwa mu Rwanda. Kuri ubu hakaba hari kwigwa uburyo umurambo wazanwa mu Rwanda.

Padiri Rugirangonga yari amaze imyaka irenga 32 yarihaye Imana aho kuri ubu ari umupadiri muri Diyoseze ya Cyangugu ariko agakunda kuba ari no mu bindi bice by’igihugu  no mu mahanga aho yabaga ategerejwe n’abantu benshi ngo abasengere.

Mu mwaka wa 2015 Padiri Ubald yagizwe umurinzi w’igihango kubera uruhare yagize mu gutangiza gahunda y’Ubumwe n’Ubwiyunge muri Paruwasi ya Mushaka, ikaba yarabyaye imbuto nyinshi mu baturage ndetse inarenga imbibi igera no mu zindi Paruwasi.

Ntabwo hatangajwe icyamuhitanye gusa yari amaze igihe arwaye Coronavirus. Mu Ukwakira 2020, ni bwo binyuze ku rukuta rwe rwa Facebook, Ubald yatangaje ko yanduye icyorezo cya Coronavirus ndetse mu ntangiriro z’uyu mwaka ni bwo yagaragaye afite umugozi mu izuru umufasha guhumeka.

Incamake y’ubuzima bwa Nyakwigendera Padiri Ubald Rugirangonga

Padiri Rugirangoga Ubald ni mwene Kabera Jacques na Mukaruhamya Anysie. Yavutse tariki 16 Gicurasi 1956. Avukira ahahoze ari muri Perefegitura ya Cyangugu Komini ya Karengera muri Segiteri ya Rwabidege muri Paroisse ya Mwezi.

Yahawe ubupadiri mu 1984. Akaba yari umupadiri wa Diyoseze ya Cyangugu mu Ntara y’Iburengerazuba.

Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, Padiri Ubald yatangije gahunda y’isanamitima n’Ubwiyunge muri Paroisse Mushaka. Iyo gahunda yeze imbuto hirya no hino mu yandi ma paruwasi. Yahuje abishe n’abiciwe hagamijwe komorana ibikomere, kwiyunga ubwabo no kwiyunga n’Imana; yahuje abagombaga kurangirizwa imanza z’imitungo kugira ngo imitungo yishyurwe mu mahoro, kandi abigishijwe bose bagahurizwa mu matsinda y’ubufatanye.

Gusaba imbabazi no kuzitanga ni yo ngingo yaranze inyigisho ze igihe cyose.Ibi kandi byatumye mu mwaka wa 2015, Padiri Ubald agirwa Umurinzi w’Igihango ku rwego rw’Igihugu.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage