AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Nta mazina ibyiciro by’ubudehe bishya byahawe

Yanditswe Jun, 26 2020 10:42 AM | 88,637 Views



Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu yatangaje ibyiciro by’ubudehe bivuguruye binafite inyito nshya aho kuri ubu biri mu nyuguti kuva kuri A kugeza kuri E  ihagarariye icyiciro cy’ubudehe cyihariye kirimo abatishoboye kurusha abandi.

Kuva ibyiciro bicyuye igihe byajyaho mu 2015 abaturage ntibahwemye kugaragaza ko byarimo amakosa kubera uburyo bagiye babishyirwamo. Ibi byiciro kandi byashingirwagaho mu guha umuturage serivisi zimwe na zimwe ku buryo uwo bibeshyeho hari ibyamugoraga kubona cg gukorerwa, harimo no guhindurirwa icyo cyiciro.

Mupiganyi n’umwanditsi mukuru w'umuryango w'abanyamakuru baharanira amahoro Pax Press, NIYONAGIZE Fulgence, bavuga ko ibyiciro bivuguruye bidakwiye gushingirwaho mu gutanga serivisi zimwe na zimwe zijyanye n’imibereho y’abaturage.

Mbere y’uko abaturage bashyirwa mu byiciro bishya bikorewe mu masibo, bazabanza kubisobanurirwa mu gihe cy’amezi 6. Ibyiciro by’ubudehe bya mbere mu Rwanda byakoreshejwe kuva mu mwaka w’2001-2013 bigizwe n’inyito nk’Umutindi nyakujya, umutindi, umukene, uwifashije, umukungu n’umukire. Amavugurura yabyo yakuyeho ayo mazina hajyaho nimero na zo zikaba zisimbujwe inyuguti.

Ikiganiro kivuga ku byiciro bishya by'ubudehe


Jean Paul TURATSINZE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage