AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Mutobo: Urubyiruko rwo muri Kaminuza rwasabwe kunyomoza abasebya igihugu

Yanditswe Mar, 09 2023 18:08 PM | 68,676 Views



Guverinoma y’ U Rwanda irasaba by’umwihariko urubyiruko rukoresha imbuga nkoranyambaga, kunyomoza imvugo zihembera urwango n’izisebya U Rwanda zishamikiye ku bibazo by’umutekano muke biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuko bisubiza inyuma intambwe y’ubumwe n’ubudaheranwa imaze guterwa mu myaka 29 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ihagaritswe.

Hari mu biganiro byahawe urubyiruko 600 ruturutse muri kaminuza zo hirya no hino mu gihugu, uruba hanze y’igihugu, n’abanyarwanda bahoze ari abarwanyi mu mashyamba ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo baherutse gutahuka, bari mu kigo cya Mutobo kinyuzwamo abahoze ari abasirikare mbere yo gusubizwa mu buzima busanzwe. Hasobanuwe uburyo bamwe mu basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanada binyuze mu mitwe nka FDLR bafatanya byeruye na Leta ya Congo mu kubiba imvugo z’urwango n’ingengabitekerezo ya Jenoside.

Ni ibintu Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu Dr. Jean Damascene Bizimana yagaragaje nk’ imbogambizi ku rugendo rw’ubumwe n’ubudaheranwa by’Abanyarwanda.

Aha niho Umuvugizi wungirije wa Guverinoma Alain Mukurarinda yahereye asaba abahawe ibi biganiro, kugira uruhare mu kugaragaza ukuri ku nkomoko y’bibazo by’umutekano muke uri mu Burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo binyuze ku mbuga nkoranyambaga.

Mu batanze ibiganiro harimo n’Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’Umutekano Gen. James Kabarebe ku ruhare rw’umutekano mu kugera ku itermbere rirambye. Abahawe ibiganiro bavuga ko babyungukiyemo amakuru y’ingenzi bari bakeneye.

Muri ibi biganiro kandi Rtd Col. Nshimiyimana Augustin, wahoze muri FDLR Nyatura, yatanze ubuhamya bw’ibikorerwa muri Congo by’umwihariko bigamije gukwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside no guhangabanya umutekano w’U Rwanda, agaragaza ko ntacyo byageraho, bityo asaba abakibirimo gutaha bagafatanya n’abandi kubaka igihugu.


Patience ISHIMWE & Joseph NDIKUMANA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage