AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Mme Jeannette Kagame avuga ko ishyaka ryaranze Abanyarwanda mu bikomeye ryaratumye u Rwanda rutazima

Yanditswe Mar, 26 2022 14:33 PM | 10,644 Views



Madame wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame avuga ko ishyaka ryaranze Abanyarwanda mu bihe bikomeye banyuzemo ariryo ryatumye u Rwanda rutazima. 

Ibi yabitangarije mu  muhango wo kumurika igitabo cyiswe Le College St Albert de Bujumbura Un Monument de la Solidarite Humaine, wabaye ku wa Gatanu.

Ni igitabo cyanditswe n'Abanyarwanda bigishije n'abize ku ishuri ryisumbuye rya St Albert mu Burundi. Gikubiyemo inyandiko zigaragaza uburyo iri shuri ryashinzwe ku gitekerezo cy'abanyeshuri b'Abanyarwanda bigaga muri Kaminuza zo Bubirigi, igitekerezo cyaje kwakirwa neza n'abagenzi babo bigaga no mu zindi kaminuza zo mu mahanga.

Kayumba Joseph umwe mu banditsi b'iki gitabo Le College St Albert de Bujumbura Un Monument de la Solidarite Humaine avuga ko iri shuri ryatangiye mu 1963 mu bihe bitari byoroshye.

Muri iki gitabo harimo ubuhamya bw'ubufatanye bw'abaranze abarezi n'abanyeshuri bize kuri iri shuri St Albert aho abanyeshuri bigaga mu bihe bigoye ariko bagashobora kwigobotora imbogamizi bahuraga na zo bafatanyije n'abarimu babo.

Ibi babikoraga bakomeye ku ndangagaciro  zo gukunda igihugu no kuzitoza abato cyane inyigisho z'umuco nyarwanda binyuze mu ndirimbo n'imyidagaduro mu muco gakondo.

Umurungi Francine wize kuri iri shuri yasobanuye icyo iri shuri rivuze ku buzima bw'abaryizeho.

Akurikije amateka Abanyarwanda banyuzemo Gen Jean Bosco Kazura Umugaba w'Ingabo z'u Rwanda na we wize kuri iri shuri, asanga buri wese akwiye gusigasira ibyagezweho.

Madame wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame avuga ko biteye ishema kubona Abanyarwanda babaheho basiragizwa ishyanga ubu bakaba bafite igihugu buri wese afiteho uburenganzira.

Ibi ngo ni umusaruro waturutse ku kugira ishema ryo gukunda igihugu.

Kuva iri shuri ritangiye mu 1963 kugeza 1994 ryatanze impamyabumenyi 1119 ku Banyarwanda b'impunzi.

Abari mu muhango wo kumurika iki gitabo bavuga ko benshi mu bize kuri iri shuri bagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu ndetse benshi bari no mu nzego zitandukanye aho batanga umusanzu wabo mu kubaka igihugu.


KWIZERA John Patrick



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage