Yanditswe Mar, 10 2018 16:49 PM | 10,029 Views
Ministeri y'uburezi iravuga ko guhera uyu mwaka w'amashuri ibigo
by'amashuri 17 byigenga byigisha amasomo y'imyuga n'ubumenyingiro byatangiye
koherezwamo abanyeshuri batsinze ibizamini bya leta mu rwego rwo guhangana
n'igabanyuka rikomeye ry'abanyeshuri biga imyuga muri aya mashuri, ni mu gihe
hamwe na hamwe usanga ishuri ryigwamo n'abana 5 ahandi ibyumba by'amashuri
bikaba byaramaze gufungwa kubera kubura abanyeshuri.
Bamwe mu bayobozi b'ibigo by'amashuri yigenga byigisha imyuga bavuga ko muri iyi myaka abanyeshuri biga imyuga muri ibi bigo bagabanyuka ugereranyije n'ubushobozi ibi bigo bifite bwo kwakira abanyeshuri, ibi bikagira n'ingaruka cyane cyane ku guhemba abarimu.
Umuyobozi wa APEBU (Gakenke), Mfashwanimana Viateur, agira ati,..."twe ibikoresho turabifite ahubwo ikibazo ni abanyeshuri bake; urumva kugira abanyeshuri 89 mu kigo cyose ni ikibazo gikomeye cyane ku buryo ibikorwa hafi ya byose ntibikorwa neza"
Umuyobozi w'ikigo College Doctrine Vitae (Gasabo), ati, "...Ibigo bya prive turi kurwana n'ikintu cyo guhemba abarimu, abanyeshuri ni bake ibyo binjiza ntibihagije:jari ibigo biba bifite abana 4 mu ishuri kandi bose bigishwa n'abarimu, harimo ikibazo byo."
Bamwe mu banyeshuri biga muri ibi bigo bavuga ko kwiga ari bake cyane nabyo bibagiraho ingaruka. Umutoniwase Judith, umunyeshuri kuri CDV-Gasabo agira ati, "...niba Prof. aje agasanga abana ni 2 cyangwa 3, nta mbaraga agira zo kubigisha n'abana ntibumve ko bari mu mwanya wo kwiga bagacika intege. Bajya gukora icya leta ukumva bohereje umuntu akavuga ngo ntimwasusha mungana gutya, ngo ntibaza gukoresha ibizamini ahongaho muri abana 5"
Gusa umunyamabanga wa leta muri ministeri y'uburezi ushinzwe amasomo y'imyuga n'ubumenyingiro Olivier Rwamukwaya ashimangira ko guhera uyu mwaka w'amashuri bimwe mu bigo byigenga byatangiye koherezwamo abanyeshuri batsinze ibizamini bya leta ibi bikazajya bijyana no kugenera inkunga ibi bigo yunganira umusanzu w'ababyeyi. Agira ati, "twarabitangiye uyu mwaka amashuri agera kuri 17 yigenga yakiriye abanyeshuri barangije icyiciro rusange kandi ni gahunda tuzakomeza kugirango aho abantu bashobora kwigira ya myuga harusheho kuba henshi, tuzayagira menshi tuyongerere ubushobozi abiga imyuga babe benshi nkuko leta ibyifuza"
Yaba abayobozi b'ibigo ndetse n'abanyeshuri bahuriza ku kiguzi cy'uburezi muri iki gihe nk'imwe mu mbogamizi ituma abana batiga mu mashuri yigenga, ndetse na gahunda y'uburezi bw'ibanze bw'imyaka 12 ikomeje kwitabirwa ku gipimo cyo hejuru.Gusa hifuzwa ubugenzuzi bwimbitse ku mashuri yigenga muri rusange kugirango harebwe imikorere yayo by'umwihariko ibijyanye n'ibyo yigisha.
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru