Yanditswe May, 15 2022 14:31 PM | 65,664 Views
Kuri iki Cyumweru, i kigali hateraniye inama ihuza inzego zibanze, za minisiteri n’inzego ziri ku
rwego rw’igihugu aho barebera hamwe ibijyanye n’iterambere ry’ubukungu no kwiga
ku bibazo bibangamiye imibereho y’abaturage.
Ni inama ihurije hamwe bamwe mu bagize guverinoma, abayobozi b’Intara ndetse n’Uturere twose.
Atangiza iyi nama, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Gatabazi Jean Marie Vianney yagaragaje ko hari ibi bazo bakwiye kwigirwa hamwe bibangamiye imibereho y’abaturage birimo ibijyanye n’imishinga minini idindira kandi yakagiriye akamaro abaturage, ibibazo by’ingurane ku mitungo y’abaturage zitinda guhabwa abaturage bagasiragira, abacukura imicanga n’amabuye bigateza amasuri ku mitungo y’abaturage.
"Mu gihe dusigaje imyaka ibiri gusa ngo tugere ku musozo wa NST1, bidusaba kwisuzuma kenshi kugira ngo duhuze umuvuduko tugenderaho no kwesa imihigo ku bipimo twihaye nk’igihugu."
Muri iyi nama hitezwemo ibisubizo n’ingamba
zizafasha kuzamura igipimo cyo kwihaza mu biribwa, kuzamura igipimo
cy’ikoreshwa ry’inyongeramusaruro, kurushaho kwegera abahinzi n’aborozi no
kubaha ubumenyi mu byo bakora n’ibindi
Hari kandi kwihutisha ibipimo by’abaturage bagerwaho n’amazi, amashanyarazi, abakoresha gaz na rondereza zikoresha ibicanwa bike, ingamba zo gusigasira ibikorwa remezo, gukemura ibibazo by’ingurane n’ibindi.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Geraldine Mukeshimana yavuze ko umubare munini w’abanyarwanda ukora ubuhinzi, bityo hagomba gushyirwa imbaraga mu kongera umusaruro kandi wujuje ubuziranenge.
Ibi ngo ntibyagerwaho hadashyizwe imbaraga muri gahunda ya Leta yo guhuza ubutaka kuko ngo n’inyongeramusaruro zizagera kubahinzi mu buryo bworoshye, ndetse uku kongera umusaruro bigakorwa no kubworozi aho amatungo akwiye kororwa mu buryo bwa kijyambere.
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru