Yanditswe May, 13 2019 07:58 AM | 4,581 Views
Kuri iki Cyumweru
abaforomo n'abaforomokazi bo mu Rwanda
bifatanyije n'amahanga mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe umwuga bakora.
Mu gihe kuri iki cyumweru abaforomo n'abaforomokazi bizihiza umunsi mpuzamahanga w'abaforomo, ikibazo cyo kutaboneza urubyaro kuri benshi ngo gituma badatanga serivisi nziza bifuza kuko umubare w'ababagana urenze ubushobozi bw'abo bagomba kwakira.
Kwizihiza uyu munsi byabanjirijwe n'umuganda wo gukora isuku ndetse abaturage bo mu Murenge wa Bumbogo bahabwa servise zo gupimwa indwara ziterwa n'umuvuduko w'amaraso ndetse na virus itera SIDA.
Kuba u Rwanda rufite ubwiyongere bw'abaturage butajyanye nubwabaforomo n'abaganga muri rusange hari abaforomo n'abaforomokazi basanga ari imwe mu mbogamizi ku mitangire ya serivise.
Intandaro y'iki kibazo bayisanga mu bwitabire bukiri hasi mu kuboneza urubyaro. Mukamuhinda Pascasie umuforomokazi mu kigo nderabuzima cya Remera asanga abavuga ibi bafite ishingiro.
Hari abaturage bashoboye kuboneza urubyaro bishimira icyemezo bafashe gusa ariko hari n'abandi batinze gufata icyemezo ubu bicuza ingaruka bibatera.
Nyuma yo gushyikiriza umurenge wa Bumbogo cheque y'amafaranga agera kuri miriyoni 3 agenewe umusanzu wa mituelle ku baturage basaga 1000, Perezida w'ihuriro ry'abaforomo n'ababyaza mu Rwanda, Andre Gitembagara avuga ko kutaboneza urubyaro bituma bahora bakira abarwayi batanafite ubwishingizi mu kwivuza kubera ubukene buhoraho muriyo miryango
Umuyobozi wungirije w'akarere ka Gasabo ushinzwe ubukungu n'iterambere Raymond-Chretien Mberabahizi yemeza ko akarere kabo kageze kuri 94.8% ku bijyanye na mituelle kandi ko n'abatarishyura imisanzu yabo biterwa na benshi muribo bataringanije urubyaro bitewe n'imyumvire.
19% by'abanyarwanda kugeza ubu nibo batagerwaho na service zo kuboneza urubyaro mu gihe 52% by'abaturage aribo baboneje urubyaro. Imibare igaragaza ko ubucucike mu gihugu buri ku baturage 415 kuri Kilometero kare ndetse n'umubare kuri buri mugore ushobora kubyara wavuye ku bana 6.1 muri 2010 ugera kuri 4.2.
Inkuru ya Bosco Kwizera
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru