Yanditswe Mar, 20 2023 16:42 PM | 39,857 Views
Minisiteri y'Ubutabera iratangaza ko harimo gukorwa byinshi kugira ngo ikibazo cy'ubucucike bw'imfungwa n'abagororwa gikemuke, ndetse habeho no kunoza uburyo bwo kugorora abanyabyaha.
Ibi bikibuye mu biganiro byahuje abaminisitiri bafite ubutabera mu nshingano n'abadepite bagize komisiyo y'ubumwe bw'abanyarwanda, uburenganzira bwa muntu no kurwanya Jenoside.
Minisiteri y'Umutekano mu gihugu ivuga ko mu gukemura iki kibazo cy'ubucucike mu magororero, hatekerejwe uburyo butandukanye burimo kongera imibare y'abarekurwa kubera ko bamaze gukora 2/3 by'igifungo bakatiwe n'inkiko bitwara neza.
Minisitiri w'Umutekano, Gasana Alfred avuga byajyaga bikorwa inshuro imwe mu mwaka ariko noneho bizajya bikorwa buri mezi atandatu kandi ngo ntibizajya bisaba ko umuntu ufunze ari we ubisaba.
Aha abadepite bagize impungenge zishingiye ku kuba abazasohoka batarangije ibihano bazaba benshi, bikaba byatuma habaho insubiracyaha nk'uko byagiye bigaragara hirya no hino mu gihugu
Kuri iki kibazo, Komiseri Mukuru w'Urwego rw'imfungwa n'abagororwa, DCG Marizamunda Juvenal avuga ko uburyo bwo gutegura imfungwa n'abagororwa burimo kunozwa ndetse ngo hagiye no kujyaho n'ibigo byihariye kuri iki kibazo.
Abadepite banagarutse ku kibazo cy'abantu bamara igihe kirekire mu magororero bataraburanishwa.
Minisitiri w'Ubutabera, Ugirashebuja Emmanuel yavuze ko iki kibazo nac yo cyamaze gushakirwa ibisubizo, ndetse mu minsi ya vuba ababarirwa mu 100 bazahita bafungurwa.
Ubu buryo buvuguruye mu gufungura imfungwa n'abagororwa bukaba bwaramaze kwemezwa mu itegeko rigenga urwego rw'imfungwa n'abagororwa RCS.
Ubu amagororero y'u Rwanda acumbikiye abagera ku bihumbi 87, bangana na 145% by'umubare wateganirijwe.
Jean Paul MANIRAHO
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru