AGEZWEHO

  • Nyakinama: Hagiye gutangwa Impamyabumenye ku bofisiye bakuru 48 baharangije – Soma inkuru...
  • General James Kabarebe yasuye Ingabo z'u Rwanda ziri muri Centrafrique – Soma inkuru...

Abagororwa bitwara neza bamaze 2/3 by'igifungo bagiye kuzajya barekurwa bidasabye ko babisaba

Yanditswe Mar, 20 2023 16:42 PM | 39,447 Views



Minisiteri y'Ubutabera iratangaza ko harimo gukorwa byinshi kugira ngo ikibazo cy'ubucucike bw'imfungwa n'abagororwa gikemuke, ndetse habeho no kunoza uburyo bwo kugorora abanyabyaha.

Ibi bikibuye mu biganiro byahuje abaminisitiri bafite ubutabera mu nshingano n'abadepite bagize komisiyo y'ubumwe bw'abanyarwanda, uburenganzira bwa muntu no kurwanya Jenoside.

Minisiteri y'Umutekano mu gihugu ivuga ko mu gukemura iki kibazo cy'ubucucike mu magororero, hatekerejwe uburyo butandukanye burimo kongera imibare y'abarekurwa kubera ko bamaze  gukora 2/3 by'igifungo bakatiwe n'inkiko bitwara neza.   

Minisitiri w'Umutekano, Gasana Alfred avuga byajyaga bikorwa inshuro imwe mu mwaka ariko noneho bizajya bikorwa buri mezi atandatu kandi ngo ntibizajya bisaba ko umuntu ufunze ari we ubisaba.

Aha abadepite bagize impungenge zishingiye ku kuba abazasohoka batarangije ibihano bazaba benshi, bikaba byatuma habaho insubiracyaha nk'uko byagiye bigaragara hirya no hino mu gihugu

Kuri iki kibazo, Komiseri Mukuru w'Urwego rw'imfungwa n'abagororwa, DCG Marizamunda Juvenal avuga ko uburyo bwo gutegura imfungwa n'abagororwa burimo kunozwa ndetse ngo hagiye no kujyaho n'ibigo byihariye kuri iki kibazo.

Abadepite banagarutse ku kibazo cy'abantu bamara igihe kirekire mu magororero bataraburanishwa.

Minisitiri w'Ubutabera, Ugirashebuja Emmanuel yavuze ko iki kibazo nac yo cyamaze gushakirwa ibisubizo, ndetse mu minsi ya vuba ababarirwa mu 100 bazahita bafungurwa.

Ubu buryo buvuguruye  mu gufungura imfungwa n'abagororwa bukaba bwaramaze kwemezwa mu itegeko rigenga urwego rw'imfungwa n'abagororwa RCS.

Ubu amagororero y'u Rwanda acumbikiye abagera ku bihumbi 87, bangana na 145% by'umubare wateganirijwe.

Jean Paul MANIRAHO



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Kubura abashoramari banini byadindije umushinga wa Gira Iwawe - BRD

Rusizi: Kuba drone zitahagera bidindiza serivisi z'ubuzima n'ubworozi

Musanze: Abaturage 26 borojwe inka n'Itorero ADEPR - Amafoto

Abasenateri batangiye gusura uturere bareba uko abaturage bakemurirwa ibibazo

Abayobozi batandukanye barimo gusura uruganda rutunganya amazi rwa Nzove

Imyaka isaga 4 irashize isoko mpuzamipaka rya Cyanika ridakorerwamo

Ubuhamya bw’ababaye kwa Gisimba uherutse kwitaba Imana

Abatuye muri Kigali basabye ko hakwihutishwa imirimo yo kwagura uruganda rw&rsqu