AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

MINECOFIN yasinyanye amasezerano na banki y'isi yo kunoza imikorere muri leta

Yanditswe Nov, 05 2018 21:49 PM | 17,560 Views



Minisiteri y’imari n’igenamigambi iratangaza ko hagiye kunozwa kurushaho uburyo umutungo wa leta n’inzego ziyishamikiyeho bicugwa mu rwego rwo kunoza imikorere muri rusange. Ni nyuma yuko Banki y’isi isinyanye amasezerano y’inguzanyo ya miliyoi 20 azafasha kunoza ikoranabuhanga muri serivise za leta n’imitangire y’amasoko.

Mu kiganiro nyuma yo gusinya amasezerano y’inguzanyo ya miliyoni zigera kuri 20 z’amadorali na banki y’isi azashorwa mu kunoza imicungire y’umutungo n’imari bya leta, minisitiri w’imri n’igenamigambi Dr. Uzziel Ndagijimana yavuze ko aya mafaranga azafasha guhugura no kwagura ubumenyi mu bakozi ba leta bakora ibarura n’icungamari rya leta, uburyo bwo kubigenzura buzwi nka Audit, igenamigambi ndetse no kuzoza uburyo bw’imitangire y’amasoko ya leta aho yanongeyeho ko hari gahunda zashyizweho zo gukurikirana abagaragayeho gucunga nabi imari n’umutungo wa leta nkuko bigaragazwa muri za raporo z’umugenzuzi mukuru w’imari.

Izi miliyoni 20 z’amadorali ya Amerika angana na miliyali zirenga 18 z’amafaranga y’u Rwanda ahanini aharagarira mu kunoza ikoranabuhanga ku nzego za leta muri serivise z’imari ndetse no kunoza ikoranabuhanga mu mitangire y’amasoko  aho umuyobozi mukuru uhagarariye banki y’isi mu Rwanda Yasser El-Gammal yashimangiye ko aya mafaranga by’umwihariko azunganira gahunda zo kongera ubumenyi bw’abakozi ba leta mu gucunga neza umutungo wa rubanda.

Iri koranabuhanga rivugwa mu mitangire y’amasoko ya leta ryatangiye gukoreshwa ndetse ikigo cy’igihugu gishinzwe kubikurikirana cyo kikavuga ko nta soko rya leta rizongera gutangwa ritasabwe hifshishijwe ikoranabuhanga rya e-GP cyangwa Electronic Government procurement system.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage