AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Leta igiye kunganira abasura abagororerwa Iwawa

Yanditswe Jun, 12 2022 19:43 PM | 77,722 Views



Bamwe mu bagiye bagororerwa Iwawa mu myaka 11 ishize baravuga ko amasomo bigiyeyo yabagiriye umumaro harimo no kubafasha guhindura imikorere mibi n'ibyaha bakoraga bakagana icyerekezo cyo gukorera igihugu no kwiteza imbere.

Uyu ni umwe mu bagororerwe Iwawa wagize ati:

''igishoro baduhaye cya mbere ni ubumenyi, gufata umwana utararezwe n'ababyeyi be ukamuha ubundi bumenyi, ukamuha inama zikamujyamo, ni nko kumuha impamyabumenyi ya masters ya kaminuza, twebwe dushimira igihugu cyacu cyaduhaye ibyo ababyeyi bacu bataduhaye''

Undi nawe yagize ati:

''Numva nta kintu cyansubiza mu byo navuyemo, ubu ntawaza ngo ansubize mu nzererezi  kuko ndi  mu kazi''

Icyakora Uru rubyiruko ruvuga ko hari bamwe muri bo barinda bavayo batagize amahirwe yo gusurwa cyangwa kuganira no kwiyunga n'imiryango yabo, bikababera ikibazo mu nzira nshya baba batangiye yo gusubizwa mu buzima busanzwe.

Bamwe mu bagize Imiryango ifite ababo bagorerwa Iwawa n'iyigeze kubagirayo mu bihe byatambutse, ivuga ko itoroherwa n'ikiguzi cy'urugendo rwo kugerayo, dore ko nk'abaturuka mu Mujyi wa Kigali ari nabo benshi basabwaga nibura ibihumbi 46frw y'urugendo gusa ku mugabo n'umugore bagiye gusura umwana wabo uri Iwawa.

Umuyobozi mukuru w'ikigo cy'igihugu cy'igororamuco, Mufulukye Fred avuga ko Leta igiye kujya yunganira iyi miryango mu bijyanye no gusura ababo bagororerwa Iwawa, dore ko kubasura ari imwe mu nzira zikoreshwa mu kubafasha kugororwa neza kandi vuba

Mufulukye avuga ko leta igiye kujya yirengera ikiguzi cyo mu mazi ku bazajya baza gusura ababo Iwawa. Leta kandi ngo yazanya ubwato bwiza buzajya bufasha abagiye Iwawa.

Mu biganiro byahuje abafite abana, ababyeyi cyangwa abo bashakanye bagororerwa Iwawa n'ubuyobozi bw'ikigo cy'igihugu cy'igororamuco, hatowe itsinda rihagarariye iyi miryango mu Ntara zose no mu Mujyi wa Kigali, kugira ngo rizafatanye n'uru rwego kunoza uburyo bwo gusura n'ubundi buryo bwo kumenya amakuru y'abagororerwa Iwawa kuri ubu bagera ku bihumbi 3 520.


Abagororerwa Iwawa batozwa imyuga itandukanye izabafasha igihe bazaba basubiye mu buzima busanzwe.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage