AGEZWEHO

  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...
  • Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023 – Soma inkuru...

Kwigisha icyiciro cya 2 n’icya 3 mu myuga n’ubumenyingiro mu nzira yo gutangira

Yanditswe Jul, 27 2019 11:33 AM | 9,636 Views



Ishuri Rikuru ry’u Rwanda ry’imyuga n’ubumenyingiro (RP), riratangaza ko guhera mu mwaka utaha rishobora gutangira amasomo y’icyiciro cya 2 n’icya 3 cya kaminuza. Cyakora impuguke mu burezi zo ziravuga ko izo mpinduka mu myigishirize y’imyuga n’ubumenyingiro mu mashuri makuru zikwiye kwitonderwa.

Nsengimana Patrick na Muhirwa Jean Felix, ni bamwe mu banyeshuri basigaje umwaka umwe ngo basoze amasomo yabo mu ishuri rikuru ry’ubumenyingiro rya Kigali, IPRC Kigali. Nk’uko politiki na gahunda y’imyigishirize y’amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro mu Rwanda ibiteganya, aba basore kimwe na bagenzi babo, nyuma y’imyaka 3 bazahabwa impamyabumenyi y’icyiciro cya mbere cya kaminuza, ari na yo iri ku rwego rwo hejuru mu zihabwa abiga ayo masomo azwi nka TVET.

Ni bintu bamwe mu biga ayo masomo bagaragaza ko bibagiraho ingaruka.

Eng. Kazawadi Papias, umwe mu ba enjeniyeri bakorera mu Rwanda, asanga kutagira amasomo y’icyiciro cya 2 n’icya 3 muri TVET byaragize ingaruka mbi ku bakurikiye ayo masomo mu myaka ishize.

Umuyobozi w’Ishuri Rikuru ry’u Rwanda ry’imyuga n’ubumenyingiro,  Dr. James Gashumba, avuga ko ibiganiro hagati y’inzego bireba bigeze kure kugira ngo muri TVET hatangire gutangwa amasomo ya level 8 na 9 cyangwa icyiciro cya kabiri n’icya gatatu cya kaminuza, kuko kutagira abize amasomo yo kuri urwo rwego ari icyuho ku isoko ry’umurimo ry’imbere mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga.

N’ubwo izi mpinduka ari ngombwa, hakenewe ubushishozi mu kuzishyira mu bikorwa, nkuko na Padiri Dr. Fabien Hagenimana, Umuyobozi w’Ishuri Rikuru rya INES Ruhengeri abivuga.

Kuva muri 2010 kugeza ubu, abasaga ibihumbi 7 ni bo bamaze gusoza amasomo y’icyiciro cya mbere cya kaminuza mu mashuri makuru y’imyuga n’ubumenyingiro.

Divin UWAYO



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage