AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Kwigira mu rugo: Ababyeyi basabwe kurushaho kwegera cyane abana babo muri iyi minsi

Yanditswe Jan, 23 2021 10:06 AM | 7,194 Views




Impuguke mu burezi zisanga ababyeyi bakwiye kurushaho kwegera cyane abana babo mu gihe kuri ubu basabwa kubafasha mu masomo yabo cyane cyane muri iyi minsi umujyi wa Kigali washyizwe muri gahunda ya Guma mu rugo mu Rwego rwo kwirinda icyorezo cya Covid19.

I saa ine za mu gitondo, Alta Ishema w'imyaka ine ubu ari mu rugo iwabo mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro, umwe mu bagize umuryango ari kumufasha gusubiramo inyajwi

Arasabwa gusoma, ariko agahabwa n’umwanya wo gukora imyitozo yo kwandika izo nyajwi.

Mu Murenge wa Kanombe na ho, Iriza Muhiganwa Ella na we dusanze ari kwiga ariko we hari kwifashihswa cyane na telefone igendanwa yoherezwamo amasomo aturutse ku kigo asanzwe yigaho.

We na Alta Ishema bose biga mu mashuri y’inshuke. Bamaze umwaka bigishwa muri ubu buryo kuko amashuri yahagaze mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya COVID19.

Ababyeyi babo bahamya ko gufasha abana kwigira mu rugo bidasaba ibihenze ahubwo bisaba kwigomwa.

Abahanga mu bijyanye n'imyigishirize basanga ababyeyi batakagombye gucika intege kubera igihe kinini abana bamaze batajya ku ishuri, ahubwo hari ibyo bagomba kuzirikana.

Dr Ndayisenga Wilton ni umwalimu muri Kaminuza akaba n’impuguke mu burezi.

Ati « Kugira ngo umwana abashe kwiga amenye, ugomba kubanza kuba inshuti na we, wamara kuba inshuti na we wamwiyegereje yakwiyumvisemo, ni bwo abona ko ibyo umubwira bifite akamaro. Icya kabiri ugomba kugira gahunda, ubundi kwigisha neza ni ukugena uko umwana yiga neza kuri gahunda ukagena icyo yiga uyu munsi ku isaha iyi n’iyi ukongera ejo guto gutyo,  buriya rero ni na byo twita ireme ry’uburezi kuko bivuze kugira ibikorwa bihoraho bisobanutse kandi biri mu murongo wa nyawe, warangiza ukaba inshuti y’umwana kuko umwana ahita ahindukira akaba inshuti y’ubumenyi, ni byo twita Science, ibyo ni byo abarimu dukora, ariko ubu ababyeyi ntibakiri ababyeyi gusa babaye n’abarimu, rero ibintu byarakomeye babyeyi mwoge magazi amazi ntakiri yayandi.”

Icyiciro cy'abiga mu mashuri y'inshuke ndetse n'abiga mu mashuri abanza kuva mu wa mbere kugera mu wa gatatu ni cyo cyari gisigaye kitaratangira amasomo.

Uretse mu Mujyi wa Kigali, ahandi abiga muri iki cyiciro batangiye amasomo ku itariki 18 z'uku kwezi nyuma y'amezi  10 bari mu rugo mu rwego rwo kwirinda Covid 19.

Fiston Felix HABINEZA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage