AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Ingaruka za COVID19 ku myitwarire y'abana b'abanyeshuri bamaze igihe batiga

Yanditswe Dec, 26 2020 19:50 PM | 122,864 Views



Impuguke mu birebana n'ubumenyamuntu zisanga abanyeshuri basubiye ku masomo bagomba kwitabwaho cyane kuko ubuzima banyuzemo igihe bari mu rugo byatumye bamwe bahindura imyitwarire, harimo n'abatewe inda.

Ku myaka 17 na 19, aba bana b'abakobwa tubasanze ku ishuri aho biga mu mwaka wa 5 n'uwa 6 w'amashuri abanza. Bombi bavuga ko bahohotewe muri iki gihe cya COVID-19 none ubu bakaba batwite.

Umwe yagize ati “Nyuma hashize igihe nibwo nategereje imihango ndayibura ndavuga nti reka mbanze njye muri farumasi mbone kwicira urubanza nyuma ngiyeyo ngura agateste nipimye nsanga ndatwite ndamuhamagara mbimubwiye ati ibyo umbwira ntabwo mbizi ndamwihorera, hashize igihe mu rugo umugore wa musaza wanjye arambaza ati ese ko mbona muri iyi minsi wirirwa uryamye ufite ikihe kibazo? Ndangije mubwira uko byagenze kose ahamagara uwo muhungu aramubaza, ubwa mbere arabihakana nyuma uwo bari bazanye ni we wabimwemeje avugisha ukuri ko ariwe wayinteye.”

Undi ati “Muri corona mfite umuhungu wabaga imbere y'iwacu ari cheri wanjye dukundana njya ku musura nuko yanteye inda ariko nanjye maze kubimenya ko yanteye inda narabyakiriye nemera kuzamubyara.   Ubwo rero bagenzi banjye mbifurije kwirinda ntibazamere nkanjye.”

Umuyobozi w'ikigo cy'amashuri abanza aba bana bigaho, asobanura ko barimo gufashwa kwiga neza ari na ko bategurwa kuzabyara neza bagakomeza amasomo yabo.

Abayobozi b'ibigo by'amashuri bitandukanye bemeza ko amezi hafi 8 abanyeshuri bamaze bari mu rugo, hari benshi byagizeho ingaruka no guhindura imyitwarire.

Umwarimu muri Kaminuza akaba n'Impuguke mu birebana n'ubumenyamuntu Felix Banderembaho asanga abana bakwiye kwegerwa bakaganirizwa kuko igihe cyashize batari ku ishuri cyabagizeho ingaruka zinyuranye zirimo no gusambanywa.

Mu kwezi kwa Gatatu ubwo mu Rwanda hari hamaze kugaragara umuntu wanduye Covid 19, leta yafashe icyemezo cyo guhagarika amasomo ku banyeshuri bose. Gusa guhera mu kwezi kwa cumi yongeye gusubukurwa nyuma y'amezi agera ku munani yari ashize.

Bosco KWIZERA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage