AGEZWEHO

  • Abagore bari mu nzego z'ubuyobozi n'abazihozemo muri Loni basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali – Soma inkuru...
  • Amajyaruguru: Abaturage babangamiwe n'buriganya bukorwa n'abakomisiyoneri – Soma inkuru...

Ingabo za Congo zongeye kurasa ku butaka bw'u Rwanda

Yanditswe Jun, 10 2022 18:26 PM | 135,366 Views



Kuri uyu wa Gatanu 11h55, Ingabo za Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, FARDC, zarashe ibisasu bibiri ku butaka bw'u Rwanda mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze.

RDF itangaza ko ibi bisasu byaturutse mu bice bya Bunagana muri DRC, ntawe byahitanye cyangwa ngo bimukoretse, gusa ngo byateye ubwoba abaturage.

Ibi bisasu by'ingabo za DRC bije bikurikira ibindi zarashe mu Rwanda tariki 19 Werurwe na tariki 23 Gicurasi uyu mwaka, mu  Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze ndetse no mu Murenge wa Gahunda mu Karere ka Burera.

Ni nyuma kandi y'aho FARDC ifatanyije n'umutwe w'iterabwoba wa FDRL bashimuse abasirikare babiri b'u Rwanda, ubwo bari ku mupaka bacunze umutekano.

Ingabo z'u Rwanda zitangaza ko ibi bikorwa byose bya FARDC zamaze kubimenyesha Itsinda ry’ingabi rihuriweho rishinzwe kugenzura uko imbibi z’imipaka zubahirizwa, EJVM.

Ingabo z'u Rwanda zirahumuriza abaturage, zibizeza ko umutekano ari wose kandi ucunzwe neza.


Jean Claude NDAYISHIMYE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Brig.Gen Rwivanga yasabye abiga muri RICA gusigasira ibyo u Rwanda rwagezeho

General Gatsinzi Marcel yashyinguwe

U Rwanda rwamaganye amakuru avuga ko RDF ifasha abarwanya FARDC

Abayobozi b'inzego z'ubuzima mu ngabo zo muri EAC mu nama ku bufatanye

Perezida Kagame yashimye inzego z'umutekano ku bwitange zagaragaje muri 202

RDF yatangaje ko ntaho ihuriye n'ibikorwa by'abahoze ari abarwanyi ba

Col Karuretwa yagizwe Brig General, anagirwa umuyobozi muri RDF

RDF yavuze ku bashinzwe umutekano bageze ku butaka bwa RDC batabiteguye bakuriki