AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Imyiteguro yo kwakira abana bari batarasubira: Hari ahataruzura ibyumba by'amashuri

Yanditswe Jan, 09 2021 10:35 AM | 54,670 Views



Ababyeyi bafite abana biga mu mashuri y'incuke n'icyiciro cya mbere cy'abanza barishimira ko mu minsi mike abana babo barasubira ku ishuri nyuma y'amezi  10 bari mu rugo mu rwego rwo kwirinda COVID19.

Gusa ku ruhande rw'ibigo by'amashuri hari aho ibyumba by' amashuri bitari byuzura, bityo bikaba bifatwa nkimbogamizi ikomeye yo kwakira aba bana.

Gashirabacye Patrick  ari kumwe n' umwana we wiga mu mwaka wa kabiri w'amashuri y' incuke,  tumusanze mu Karere Gasabo mu Murenge wa Kinyinya.

Gashirabacye avuga ko mu gihe kigera ku mezi 10 amaranye n'uyu mwana wari usanzwe yiga ariko ubu atiga abona yaratangiye guhindura imyitwarire.

Yagize ati « Byaratugoye kubyakira kuko amaze igihe kinini atiga, wasangaga ubu yarasubiye inyuma mu myitwarire kuko akiga wabonaga afite ukuntu yitwara neza, ariko ubu wabonaga rwose atangiye guhindura imyitwarire myiza yarasanganywe. »

Nyuma yo kumva inkuru yuko abiga mu mashuri y'incuke n'icyiciro kibanza cy'amashuri abanza ngo yariruhukije arabishima, ibyo ahuriraho n'umuturanyi we, Anastasie Mutumwinka.

Ku ruhande rw'ibigo bigiye kwakira aba bana tariki ya 18 z’uku kwezi kwa mbere, hari bamwe mu bayobozi babyo bavuga ko bazabakira, ariko mu buryo bugoye kubera ubuke bw imbyumba by' amashuri. Ni mu gihe hari n’abavuga ko bamaze kwitegura no ku bijyanye no kubigisha hubarizwa ingamba zo kwirinda COVID19.

Mushimiyimana Aime Beatha, Umuyobozi wa GS Kinyinya yagize ati “Nubwo ibyumba by'amashuri bitaruzura tuzabakira mu buryo bugoye, ariko mu byo kwirinda no kubahiriza amabwiriza nko gukaraba intoki n'ibindi byo birahari ariko tuzagira ikibazo cyo kubicaza bahanye intera kuko niba hicaraga babiri hagati tugashyiramo igikapu ku buryo batakoranaho tuzagikuramo dushyiremo umwana bivuze ko bazicara ari batatu.

Mukayiranga Dative, Umuyobozi wungirije wa GS Kicukiro we ati “Kwirinda COVID19 twarabyiteguye dufite urukarabiro, mu ishuri bazicara uko basanze bakuru babo bicara kandi dufite abarimu bahuguwe bazabafasha ndetse dufite n’abanyeshuri bakuru babo bahuguwe, abo bose bazadufasha mu gukurikiza ingamba.”

Kuri uyu wa Kane, mu kiganiro n'itangazamakuru ni bwo Minisiteri y’Uburezi yatangaje ingengabihe yo gufungura ibyo byiciro byombi.

Nubwo aba bana basubiye ku ishuri ariko Minisitiri w'Uburezi Dr Uwamariya Valentine yongera kwibutsa ko kubarinda ari ishingano ya buri wese haba abarezi ababyeyi nabana ubwabo.

Yagize ati “Turi kuvuga ku gufungura amashuri ku byiciro bibanza by'amashuri abanza n’ay’incuke ariko ndashaka kuvuga ko uku ari ugusangira inshingano rero ndacyatanga bwa butumwa, tugomba kwirinda. Buriya tujya no gufungura mbere inzego z'ubuzima zaratubwiraga ngo ntimwibwire ko icyorezo kitazahagera ahubwo tugomba kwibaza ngo ni gute twakwitegura ku buryo nubwo cyahagera ntigiteze ikibazo kiremereye.”

Biteganyijwe ko icyiciro kibanza cy’amashuri abanza n’ay’incuke bizatangira tariki ya 18 zuku kwezi kwa mbere, mu rwego rwo kugabanya ubucucike mu mashuri, Minisiteri y’Uburezi ivuga ko yubatse ibyumba ibihumbi 22 bikaba bigeze ku kigero cya 80% byubakwa.

Fiston Felix HABINEZA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage