AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Imyiteguro ya CHOGM: Kubaka imihanda muri Kigali biririmbanyije

Yanditswe Nov, 19 2019 08:45 AM | 3,502 Views



Bamwe mu baturage mu mujyi wa Kigali barasaba Leta ko yakora ibishoboka byose ikubaka imihanda bazifashisha mu gihe u Rwanda ruzaba rwakiriye inama inama ihuza ibihugu bivuga ururimi rw’icyongereza iteganyijwe kuzabera mu Rwanda muri kamena umwaka utaha.

Ibi babifatira  ku ngero z’inama zabaye mu Rwanda zatumaga imihanda ifugwa ubuziba bugasa nkaho bwahagaze.Ubuyobozi bw’umugi wa Kigali buvuga ko iki kibazo kiri mu bya mbere bari gukemura.

Iyo utembereye hirya no hino mu  Mujyi wa Kigali usanga hari kubakwa imihanda hifashishijwe imibashini mu kubaka imwe muri iyo mihanda ikazifashishwa  n’abashyitsi bazitabira iyi nama.

Hari kuvugururwa kandi n’ibibuga bibiri bya Golf i Nyarutarama bigomba kuba byarangiye mu kwa Gatanu

U Rwanda ruri kwitegura kwakira iyi nama  mu gihe hari izindi nama rwakiriye ndetse n’abashyitsi bagiye basura u Rwanda, imihanda igafungwa ku buryo benshi mu batuye Umurwa mukuru w’u Rwanda, Kigali bemeza ibi bihe bitari bibororheye mu bice abashyitsi bagombaga kunyuramo ndetse n’ahabonetse inzira hakagaragara umubyigano w’ imodoka. bamwe mu baturage basaba ko hakubakwa indi mihanda bazifashisha  mbere y’ uko iyi nama itangira

Kuri iki kibazo Umuyobozi wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe Imiturire n’Ibikorwa remezo, Dr Nsabimana Ernestasobanura ko  iki kibazo bakibonye kandi kiri mu bya mbere bihutiye gukemura

Uyu muyobozi avuga kandi ko ubu hari kuvugururwa Parikingi y’Ikibuga Mpuzamahanga cy’indege kugira ngo abashyitsi bazabone aho indege zabo zizaparika.

Uretse ikibuga cyindege kandi ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwemeza ko uretse kuvugurura iyi mihanda hari n’agahunda yo kurushaho kuvugurura imihanda igize Umujyi wa Kigali.

Uretse iyi myiteguro, Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu kiganiro n’intangazamakuru taliki ya 8 Ugushyingo uyu mwala, yagaragaje ishusho rusange uko u Rwanda ruhagaze mu gihe habura amezi macye ngo iyi nama mpuzamahanga ibere ku nshuro ya mbere mu Rwanda.

Biteganyijwe ko iyo nama izitabirwa n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bo mu bihugu 53 bigize Umuryango wa Commonwealth, izatangira ku itariki 22 Kamena umwaka utaha

Inkuru irambuye mu mashusho


Bonaventure CYUBAHIRO



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage