AGEZWEHO

  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...
  • Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023 – Soma inkuru...

Impuguke mu mitekerereze zasabye ababyeyi gusobanurira abana impamvu ya Guma mu Rugo

Yanditswe Jul, 30 2021 08:28 AM | 48,065 Views



Impuguke mu mitekerereze, zasabye ababyeyi birirwana n'abana muri gahunda ya guma mu rugo, kujya babasobanurira impamvu yo kuguma mu rugo kandi bakabahora hafi kugira ngo batarambirwa bakajya mu bikorwa byangiza imitekerereze yabo.

Biganza Anna Vestine umunyeshuri uri mu biruhuko mu karere ka Kicukiro, yiga mu mashuri abanza mu mwaka wa 5.

Avuga ko muri iki gihe cya Guma mu rugo agerageza kwita ku bimwungura ubumenyi, ibimuruhura ubwonko, ariko ntiyirengagize n'indi mirimo yo mu rugo:

Ati ''Mu rugo nsoma ibitabo byinshi nkareba Televison, ngakinira hano mu rugo, ariko nkafasha n'umukozi nko koza ibyombo no guteka, ariko nkanaryama kugira ngo nduhure ubwonko.''

Ababyeyi biriranwa n'abana bavuga ko uruhare rwabo mu kubafasha kutarambirwa na gahunda ya guma mu rugo. ari ukubanza kubasobanurira impamvu iyi gahunda yashyizweho no gukurikiranira hafi ibyo biriwamo, kugira ngo badata umurongo bakajya mu bibasenya:

Mushimiyimana Marie Jesee utuye muri Kicukiro agira ati “''Ikintu cya mbere nk'ababyeyi ni ukubanza gusobanurira abana impamvu turi muri guma mu rugo, hanyuma nawe nk'umubyeyi ukiga kubyakira, kugira ngo ubashe gufasha abana ku mutima no mu mitekerereze. Ikindi ugomba kumenya uko umwana araye cyagwa yaramutse, ibyo ugomba kubishyira muri gahunda ya buri munsi. Ugomba no kurinda umwana ama filime y'ubwicanyi n'imirwano n'andi mabi kuko bituma asenyuka mu mitekerereze ye.''

Impuguke mu mitekerereze ya muntu, Bukuru Germaine asaba ababyeyi kubwiza abana ukuri, no kubakurikiranira hafi kugira ngo batarambirwa bakaba bazerera:

''Icyo umubyeyi akwiye kubanza kumenya cyangwa gukora ni uko nawe ubwe abanza kumva ayo mabwiriza yatanzwe. Hari amabwiriza yatanzwe n'abatekerereza igihugu, izo ngamba bashyizeho si ukwanga abaturage ahubwo ni ukugira ngo babarinde, umubyeyi iyo abyumva bimufasha kuyobora abana. Icyo bakorera abana ni ukubaha amakuru nyayo.”

“Umubyeyi agomba kumva ko niba hatanzwe amabwiriza yo kuguma mu rugo ntayajore mu buryo buyasenya, ahubwo abivuge mu buryo bwo kubaka umwana. Muri iki gihe abana bato cyane baba bashaka kujya kuganira na bagenzi babo, ariko muri iki gihe bagomba kumvikanisha impamvu bitagomba gukorwa. Ku bageze mu bugimbi n'ubwangavu, akenshi hari igihe baba bashaka kuvuguruza amakuru bahawe, ariko wowe mubyeyi ni wowe areberaho, ni wowe akurikiza. Ikindi mu rugo bahabwe ibyo gukora kugira ngo batarambirwa.''

Kubera ubukana bw'icyorezo cya Covid19, abantu bose basabwa kubahiriza amabwiriza yose yatanzwe arimo gahunda ya Guma mu rugo mu mugi wa Kigali no mu bindi bice bitandukanye byy'igihugu.

John Bicamumpaka




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage