AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Imishinga y’imihanda yitezweho guca burundu utujagari muri Kigali

Yanditswe Jun, 19 2021 16:00 PM | 117,705 Views



Hari bamwe mu batuye mu duce dutandukanye tw'Umujyi  wa Kigali bifuza ko mu kuvugurura utwo duce bitabahutaza ngo bimurwe, ahubwo ko ibikorwaremezo byongerwamo bikwiye kuba imbarutso y'iterambere ryabo.

Aba baturage baravuga ko ibi mu gihe guhera mu kwezi kwa 7 hazatangira icyiciro cya kabiri cyo gukora imihanda ya kaburimbo inyuranye mu Mujyi wa Kigali. Iri mu mushinga wa guverinoma y'u Rwanda iterwamo inkunga na Banki y'isi hagamijwe kongera ibikorwaremezo no kuvugurura Umujyi wa  Kigali.

Icyiciro cya mbere cy'ibikorwa kizarangirana n'uku kwezi kwa Gatandatu kizasiga abaturage bari ku buso bwa hegitari hafi 60 mu Kiyovu, Biryogo na Rwampara bahawe imihanda icaniwe, inzira z'amazi n'iz'abanyamaguru.

Ni ibikorwa bifite agaciro ka miliyari zisaga gato 5 z'amafranga y'u Rwanda. Ababituriye basobanura ko aho bimaze kugera byahinduye ahantu hari hasanzwe habarwa nk'akajagari, bakaba bifuza ko byakomeza n'ahandi mu mugi wa Kigali.

Singuranayo Bernard, utuye i Nyamirambo yagize ati “Iryo terambere rye kuba irya Nyamirambo gusa, na hano hakurya mu Cyumbati hakwiye amajyambere ariko umuhanda wabo ntugendwa. Na bo uwabaha umuhanda nk'uyu abahatuye si abakene bakora ibintu bifatika.”

Mukandahiro Hidayat, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarugenge avuga ko iyunakwa ry’imihanda ya kaburimbo mu duce tunyuranye ari imbarutso y’iterambere ry’abahatuye.

Ati “Kubona imihanda nk'iyi hano birazamura imyumvire y'abaturage, bari bafite inyota yo kubona umuhanda w'umukara imbere y'inzu zabo, ariko binazamure imyumvire yo gukora business zabo.”

Ibyifuzo by'abafite inyota yo gusirimuka k'uduce tunyuranye tw'Umujyi wa Kigali, bisa n'ibigiye kubonerwa ibisubizo kuko mu mwaka w'ingengo y'imari ya 2021/2022 uzatangira mu kwezi gutaha kwa karindwi, hateganijwe ko abatuye ku buso bungana na hegitari zisaga 380 bazagerwaho n'imihanda ya kaburimbo, amatara, inzira zitwara amazi n'iz'abanyamaguru.

Ni inkuru nziza ku batuye i Murambi na Nyanza mu Murenge wa Gatenga bategereje guhabwa ibi bikorwa remezo ndetse n'abazabonamo imirimo.

Kabarisa Jean de Dieu wo mu Gatenga yagize ati « Ahantu kaburimbo yageze haba hahindutse, inzu igira agaciro n'ikibanza gihari kikagurwa bitewe n'uko hari umuhanda, ugatega byoroshye. Umuriro turawufite harabura kaburimbo. »

Rudakubana Jean Pierre we ati « Ibyo umukuru w'igihugu avuga ni byo ngiro, nari umujardinier ariko nabaye rwiyemezamirimo. Uyu muhanda Sonatube-Akagera ni company yanjye iri kuwukora. »

Gutunganya agace ka Mpazi hashyirwamo imihanda ya kaburimbo n'ibindi bijyana bizakorwa ku buso bwa hegitari 137 mu murenge wa Gitega no mu tugari 3 two mu Murenge wa Gatenga ku buso bwa hegitari 171.

I Nyabisindu mu Murenge wa Remera ho hazatunganywa imihanda kuri hegitari 36.5 na ho muri Nyagatovu i Kimironko gukora imihanda bizagera ku baturage bari ku buso bungana na hegitari 40.

Minisitiri w'Ibikorwaremezo ambasaderi Claver Gatete ashimangira ko ikigamijwe ari ugutuma abaturiye ibikorwaremezo nk'ibi barushaho guhindura ubuzima bwabo kurusha uko bakwimurwa aho batuye.

Yagize ati « Dushyiramo imihanda abantu bakaguma aho bari batuye, kuko bariya aba bantu barakenewe mu mujyi, ni bo bakora akazi kanyuranye. Mbere wasangaga gushyira umuhanda ahantu abantu bahitaga batekereza ingurane ngo bagende bajye kuba ahandi, ugasanga amafranga ayamaze mu gihe gito agasubira ku muhanda kandi icyo dushaka ni uko abantu biteze imbere. »

Muri rusange, ibikorwa byo kunoza imiturire mu duce dutandukanye tw'Umujyi wa Kigali bizatwara miliyoni 40 z'amadolari ni ukuvuga akabakaba miliyari 40 z'amanyarwanda, uyu mushinga uzageza mu mwaka wa 2025 ukubiyemo na gahunda yo kuvugurura imijyi 6 yunganira Kigali izatwara miliyoni 160 z'amanyarwanda.

Jean Claude Mutuyeyezu



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage