AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Imikorere y'amashuri yigisha ibinyabiziga igihe guhinduka--MININFRA

Yanditswe Jan, 01 2019 20:03 PM | 15,334 Views



Abiga amategeko y'umuhanda no gutwara ibinyabiziga bavuga ko n'ubwo hariho igazeti ikubiyemo amasomo yabugenewe rimwe na rimwe higishwa ibitandukanye na yo. Ministeri y'ibikorwaremezo yo irizeza ko muri uyu mwaka wa 2019 hazajyaho integanyanyigisho ihuriweho n'amashuri yose yigisha amategeko y'umuhanda.

Abiga ibijyanye n'amategeko y'umuhanda no gutwara ibinyabiziga bavuga ko hasanzweho igazeti ikubiyemo ayo mategeko, ariko ngo ntihazwi igihe isomo rigomba kumara ndetse ngo bamwe bagorwa no kwiyandisha igihe cy'ikizamini bagakomeza kwiga abandi bagacika intege zo gukomeza kwiga.

Ibi kandi ngo byiyongeraho kuba hari n'abatagera mu mashuri yigisha gutwara ibinyabiziga bakiyandikisha kuko urubuga rufunguriwe buri wese. Gusa abafite bene aya mashuri ndetse n'abarimu basanga bikwiye ko mu gihe cyo kwandika abakora ibizami hajya hagenderwa ku bumenyi umuntu yakuye mu ishuli.

RURA isanga kumenya imodoka gusa bidahagije ko ahubwo n'ikinyabupfura ari ngombwa mu gukoresha umuhanda.Umuyobozi w'ishami rishinzwe ubwikorezi muri ministeri y'ibikorwaremezo Byiringiro Alfred avuga ko muri uyu mwaka wa 2019 hazashyirwaho itegeko rigena integanyanyigisho izajya ikoreshwa mu mashuri yigisha amategeko y'umuhanda kuko usanga abenshi bigisha uko babyumva.

Kugeza ubu mu Rwanda habarurwa amashuri yigisha iby'imodoka agera kuri 84. Ba nyir'aya mashuri bifuza bazagira uruhare mu ishyirwaho ry'integanyanyigisho igenewe abayigamo kuko hari byinshi bihindagurika mu bijyanye n'imikoreshereze y'umuhanda.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage