AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Imbamutima z’abatuye Umujyi wa Kigali ku bikorwa remezo bikomeje kubakwa

Yanditswe Jun, 08 2022 19:25 PM | 68,420 Views



Abatuye Umujyi wa Kigali aharimo kubakwa ibikorwa remezo bitandukanye, baravuga ko ibi bikorwa bigiye guhindura imibereho yabo n’isura y’umujyi, ibi barabishingira ku mihanda n’aho abantu bicara bategereje imodoka birimo kubakwa hirya no hino mu Mujyi wa Kigali.

Abatega imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange bishimira aho imirimo yo kubaka aho bazajya bicara mu gihe bategereje imodoka dore ko uburyo aha hantu hubatse binatanga isura nziza y’umujyi wa Kigali, gusa bakavuga ko uko aho bategera imodoka havugururwa ari nako serivisi zo gutwara abantu mu uryo bwa rusange nazo zikwiye kuvugururwa.

Elisa Ndeze yagize ati "Ni byiza kuko hari nk'abagira ikibazo cy'isereri cyangwa bavuye mu ngendo nyinshi bananiwe bikaba ngombwa ko umuntu aba yicaye, ariko byaba akarusho yicaye iminota mike akagenda atari ukuvuga ngo arahatinda. Biracyari kure kuko hano usanga umuntu hano ahagaze iminota 40 cyangwa isaha nta modoka irahagera ngo imutware."

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko hari ahantu 20 abantu bazajya bugamamo izuba mu gihe bateze imodoka harimo kubakwa, gusa gahunda yo kubaka ahantu nk’aha bizagera no mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali nk’uko umuyobozi wungirije w’umujyi wa Kigali, Dr Mpabwanamaguru Merard yabivuze.

Ku rundi ruhande imirimo yo kubaka imihanda itandukanye mu mujyi wa Kigali irarimbanyije, hari n’ahamaze kugera kaburimbo.

Jean d'Arc Mukamusana utuye muri Kicukiro yagize ati "Imodoka ivuye mu itunda haba mu mvura warayimenyaga, haba ku izuba warayimenyaga, mu mvura yabaga yuzuyeho ibyondo mu izuba yuzuyeho ivumbi. Nk'uko mubibona umuhanda urasa nk'aho ugiye kurangira turabyishimiye kandi ku kigero kinini cyane."

Uyu muhanda w'ibirometero bigera kuri 3 wo mu Itunda uhuza ibice bya Kabeza na Busanza igice kinini cyayo kikaba kizengurutse ikibuga cy'indege mpuzamahanga cya Kigali, abahatuye bavuga ko uyu muhanda ugiye kubafasha mu iterambere ryabo.

N'ubwo imirimo yo kubaka imihanda itandukanye mu mujyi wa Kigali bijyanye n'imyiteguro y'inama ya CHOGM irimbanyije, kubaka iyi mihanda mu mujyi wa Kigali biri mu mushinga mugari, ni umushinga wo kubaka ibikorwaremezo mu byiciro 6 aho muri uyu mushinga hateganyijwe kubakwa ibirometero bisaga 200 mu gihe cy'imyaka igera kuri 4.

Iyo witegereje aho ibikorwaremezo  birimo imihanda byamaze kugera ubona ko n'isura yaho yahindutse mu mujyi wa Kigali.Ibi bikagaragazwa n'ubusatani buteye ubwuzu buba buri kuri iyo mihanda bityo abaturage nabo bakihutira kuzamura inyubako zijyanye n'icyerekezo cy'umujyi wa Kigali.


Kwizera John Patrick



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage