Yanditswe Aug, 24 2018 22:02 PM | 26,718 Views
Umuryango Imbuto Foundation watangije gahunda yise Art
Rwanda - Ubuhanzi igamije kuzamura abakiri bato bifitemo impano mu byiciro
bitandukanye muri gahunda yo kuzamura ubukungu bw'igihugu mu mpano zishingiye
ku buhanzi
Ni gahunda yakirijwe yombi n'abahanzi bavuga ko iziye igihe kandi izatanga umusaruro yaba kugaragaza abafite impano ndetse no kuyikoresha mu kuzamura imibereho yabo. Diogene Ntarindwa, arasobanura icyo bivuze ku bahanzi, ''Ni igikorwa kiza cyane nishimiye kuko gifasha cyane cyene abakiri bato muri biriya bya talent detection kugira ngo bagere muri uru ruganda ndangamuco bifitiye icyizere banafitiwe icyizere n'igihugu kibashyigikiye muri politiki zitandukanye.''
Minisitiri w'urubyiruko Rosemary Mababazi avuga ko iyi gahunda izafasha mu kongera umubare w'imirimo ihangwa muri iki cyiciro cy'inganda ndangamuco. Ati,''Ubu ni uburyo bwo kugirango ruteze imbere impano rufite rwihangira imirimo murabona ko hazabamo ubufasha cyane cyane bw'amafaranga uzaba yakoze ibikorwa by'indashyikirwa kurusha abandi azahabwa amafaranga yo kubateza imbere kugira ngo bagure ibikorwa byabo bihangire umurimo ubwabo banayihangire abandi.''
Umuyobozi mukuru wungirije w'umuryango Imbuto Foundation, Geraldine Umutesi agaragaza ko iyi gahunda ifite umwihariko ko izagira uruhare mu kuzamura ubukungu bw'igihugu binyuze mu ruganda rw'umuco. Yagize ati, ''Igihugu cyacu kifuza kugera ku bukungu burambye iyo ugiye kureba rero ntago ubuhinzi n'ubworozi, n'indi mirimo itandukanye byonyine bishobora kutugeza aho twifuza kugera. Ni byiza ko dutekereza n'ibindi byiciro by'imirimo bishobora kuba byabyazwa umusaruro. Icya kabiri ni uko, nk'uko bisanzwe hari abahanzi basanzwe bakora, niba twifuza kugira ubukungu burambye ni uko tubaha umwanya nabo kugira ngo ubwo buhanzi bwabo nabwo buvemo inyungu.
Ku ikubitiro, iyi gahunda izatangirira mu turere twa Rubavu, Rusizi, Huye, Kayonza, Musanze n'umujyi wa Kigali guhera tariki 8 kugeza kuri 30 z'ukwezi kwa 9 uyu mwaka harebwa abafite impano bari hagati y'imyaka 18 na 35.
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru