Yanditswe Sep, 06 2019 19:07 PM | 10,940 Views
Ku bufatanye na RBC na UNICEF ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu Urwego
rw’Igihugu rw’itangazamakuru, RBA, rwasoje gahunda y'ubukangurambaga ku kwirinda
icyorezo cya Ebola yabereye mu bice binyuranye by’Igihugu ikaba yasorejwe i Kigali.
Muri iyi gahunda abayitabira basobanurirwa uko Ebola yandura, ibimenyetso by'uwayirwaye n'uko umuntu yayirinda. Bamwe muri bo bavuga ko yabafashije kumeya byinshi ku bijyanye n'iyi ndwara ya ebola.
Irakoze Noella yagize ati ''Ikintu cyakugaragariza ko umuntu yanduye Ebola umuntu ababara umutwe,
akaribwa mu muhogo, agacika intege kandi
akava amaraso mu myenge yose ye y'umubiri''
Na ho Ugirimabazi Anastasie ati ''Iyo umubonyeho ibyo bimenyetso biba ngombwa ko umwitaza ugahagarara nko muri metero 20 kugira ngo atakwanduza ahubwo ukihutira gukora ubutabazi kugirango bamujyane kwa muganga mu buryo bwihuze.''
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Kimisagara aho iki gikorwa cyasorejwe, Havuguziga Charles, avuga ko bakomeje gukora ubukangurambaga mu baturage kuri iyi ndwara.
Ati ''Tubinyuza by'umwihariko mu nteko z'abaturage dufite itsinda ry'abakorerabushake bakora amakinamico ashishikariza abantu kwirinda icyorezo cya Ebola, igihe twateranye buri wa Kabiri dukibutsa abaturage kuyirinda no kwirinda gukora ingendo mu bihugu byagaragayemo icyorezo cya Ebola ariko dukoresha n`uburyo bwiza bwa Car Free Day iba kabiri mu kwezi iyo rero twahurije hamwe abaturage bo mu mirenge yose igize Akarere ka Nyarugenge ku Kimisagara dufatanyije n`ubuyobozi bw`ibitaro bya Muhima n`ubw`akarere tugafatanya kongera kubibakangurira.''
Mu kugenzura ko abitabiriye iyi gahunda basobanukiwe neza uko indwara ya Ebola yandura n'uko yakwirindwa; abakozi ba RBA bababaza ibibazo binyuranye kuri yo ababitsinze bagahembwa ibintu bitandukanye.
Butare Léonard
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru