Yanditswe Mar, 26 2024 14:49 PM | 58,987 Views
Buri minota ibiri, ku Isi
yose imibare yerekana ko umubyeyi umwe apfa ari kubyara. Mu Rwanda, ku bana
ibihumbi 100 bavutse, ababyeyi 200 barapfa bitewe n’impamvu nyinshi zirimo no kuva
cyane.
Mu Rwanda habarizwa ababyaza 2000 gusa, umubare ukiri hasi ugereranyije n’abakenera kwitabwaho.
Ingingo ijyanye n’ikibazo cy’ubuke bw’ababyaza yagarutsweho mu Kiganiro Waramutse Rwanda cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 26 Werurwe 2024.
Dr Nkeshimana Menelas ushinzwe Imyigishirize y’Abakozi bo mu Rwego rw’Ubuzima, yavuze ko Minisiteri y’Ubuzima ishyize ku ijanisha umuganga umwe ufite ubumenyi buhagije aba agomba kwita ku baturage 1000.
Ati “Iyo ugeze ku bitaro usanga umuganga akora byibuze akazi kagenewe abantu bane.’’
Imikorere y’ababyaza bake ikomeje gutera impungenge cyane ko harimo imbogamizi zishingiye ku kwita ku buzima bw’umubyeyi cyangwa umwana uvutse.
Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Ababyaza mu Rwanda, Josephine Murekezi Mukamasabo, yasobanuye ko hari icyuho kigaragara iyo bigeze ku munsi nyirizina wo kubyara.
Yagize ati “Byibura buri mubyeyi waje kubyara akenera kuba ari kumwe n’umubyaza umwe mu gihe akiri gusuzumwa, igihe cyo kubyara cyagera akaba afite ababyaza babiri. Nyuma yo kubyara, umubyaza umwe agomba kuba areberera ababyeyi batandatu n’abana babo ubwo bakaba 12, uwo mubare ni wo twe tudafite.”
Nyuma y’ikusanyamakuru ryakozwe na Minisiteri y’Ubuzima, hasanzwe mu banyeshuri 100 bagakwiye kwiga ububyaza, 20 muri bo ari bo bonyine bashobora kwiga, bitewe n’imbogamizi z’ubushobozi busaga ibihumbi 7$ kugira ngo hasozwe amasomo ku bubyaza.
Leta y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ubuzima n’abaterankunga bayo bahaye buruse abo banyeshuri bafite umuhate mu kwiga kubyaza nka kimwe mu bisubizo byo kongera umubare w’ababyaza.
Safa Claudia Uwingeneye
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru