AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Hari abifuza ko hajyaho ikigo gishinzwe ibyo kwigisha hifashishijwe ikoranabuhanga

Yanditswe Jul, 23 2021 18:52 PM | 45,696 Views



Mu gihe abanyeshuri biga bakoresheje ikoranabuhanga bashima ingufu Leta yashize mu guteza imbere ikoranabuhanga mu burezi hari impuguke zisaba ko hashyirwaho ikigo cyihariye gishinzwe iyi gahunda.

Mbabazi Esperance ni umunyeshuri muri Mount Kenya Universty Rwanda, na ho BUTERA Syldio we akiga muri UTB. Bombi ubu bari kwiga hifashishijwe ikoranabuhanga, bavuga ko banogewe n’iyi myigishirize nyuma yo kuyimenyera.

Mbabazi Esperence ati “Bigitangira twari dufite ubwoba bw’uko bashobora kongera amafaranga y’ishuri ariko byaradushimishije kuko amafaranga ni amwe, waba wiga online cyangwa ujya ku ishuri.”

Na ho Butera Syldio ati “Mu byukuri interineti ntihenda ku muntu uzi gukoresha neza igihe cye, akayikoresha iby’ingenzi gusa,  nkanjye kuva mu rugo jya ku ishuri nkoresha amafaranga ashobora kurenga igihumbi ariko kwiga nshobora gukoresha Mbs z'amafranga nka 200 gusa, ariko ikibazo gikunda kubaho ni ukugenda gahoro kwa interineti.”

Icyorezo cya Covid19  cyahwituye inzego z'uburezi ku isi no mu Rwanda by’’umwihariko, bigaragara ko kwiga hakoreshejwe ikoranabuhanga  atari amahitamo ahubwo ari ingingo ya y'ingenzi mu burezi.

Gusa Dr. Evode Mukama impuguke mu ikoranabuhanga mu burezi asanga Leta ikwiye gushyiraho ikigo kihariye gikora uburezi bwifashisha ikoranabuhanga.

Ati “Leta ni yo igomba gushyiraho uburyo buhamye bwo kwigisha hakoreshejwe iya kure, ikavuga iti dushyizeho ikigo cyihariye nko muri Tanzaia bafite icyo bita Open University of Tanzania ariko mu Rwanda dusa n’abakomeje gukomatanya ibintu rero nasaba ko hashyirwaho ikigo cyihariye kibikoraho buri gihe ku buryo tutahora mu buryo buri emergance.”

Nubwo bimeze gutyo ariko mu gukomeza guteza imbere ikoranabuhanga mu myigishirize ndetse no kwigisha ikoranabuhanga muri rusange,  abashakashatsi basaba ibyakozwe n’ibiri gukorwa bikomeza guhuzwa n' uburezi kuri bose, abahungu n’abakobwa.

Mu nama yiswe Building the bandwidth yateguwe n' umuyango Varkey Foundation ndetse n' Ishami ry'Umuryango w’Abibumbye ryita ku bumenyi, uburezi n’umuco (UNESCO ) Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rukomeje  kubaka ibikorwa remezo ndetse no gushyiraho iby’ibanze mu iterambere ry'ikoranabuhanga mu burezi hibandwa ku kudakumira abana b’abakobwa muri uru rwego.

Yagize ati “Ihagarikwa ry’amasomo y’abanyeshuri bari kumwe na mwarimu ryagaragaje, kuruta ikindi gihe cyose, icyuho gihari mu kugera kuri murandasi, ku bumenyi ndetse no kwigira kuri murandasi ku bana bose, cyane cyane abakobwa.

Dufite amahirwe ko dushobora kuziba icyo cyuho,  cyane cyane mu burezi bw'umwana w' umukobwa hagamijwe ko atasigara inyuma na gato,  u Rwanda rukomeje gushora imari mu kubaka ibikorwa remezo by'ikoranabuhanga no kuryigisha abana.”

Leta y' u Rwanda igaragaza  gushyira imbaraga mu kwimakaza ikoranabuhanga muri byose, no mu burezi by' umwihariko, ahashyizweho gahunda zinyuranye zirimo no kugeza mudasobwa kuri buri munyeshuri, ndetse no gushyiraho ibyumba byahariwe ikoranabuhanga mu mashuri.

Gusa abashakashatsi mu by'uburezi basanga gahunda nkizi zikwiye guherekezwa no kwita ku kugabanya ikiguzi cyo kugera ku ikoranabuhanga harimo interineti ndetse nibikoresho.

Fiston Felix Habineza



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage