AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Hari abandura Covid19 kubera guhurira ahantu hafunganye hatagera umwuka uhagije wo hanze

Yanditswe Jun, 24 2021 15:53 PM | 48,659 Views



Minisiteri y’ubuzima mu Rwanda yavuze ko ikomeje kubona imibare y’abandura ndetse n’abazahazwa na Covid19, abenshi muri bo bakaba bandurira mu guhurira n’abandi ahantu hafunganye kandi hatagera umwuka uhagije wo hanze.

Muri Gare ya Kimironko mu Karere ka Gasabo, Ngabonziza Frank, umwe mu bashoferi batwara abagenzi aragenzura ko amadirishya y'imodoka afunguye, mbere yo guhaguruka.

Ibi abashoferi bakorera muri iyi gare, bavuga ko babyitwararika nubwo ngo hari abagenzi bamwe batabyumva.

 Ngabonziza agize ati ‘’Iyo ibirahuri bifunze, umwuka n’ubushyuhe bigumamo ntibisohoke, ariko iyo bifunguye, habasha kwinjiramo umwuka undi ugasohoka, abagenzi babyakira neza nta kibazo.’’

Umushoferi witwa Singirankabo Kizito we agira ati ‘’Hari abagenzi baza ntibabyiteho, ugasanga barafunga amadirishya yose, twe tuba ducungana nabo buri mwanya, umwe yafunga ugafungura,dufite akazi katoroshye ko gukomeza kubabwira tuti nyabuneka wifunga, ahafunze, fungura,ubushyuhe bwiyongereye,icyorezo nacyo cyakwiyongera  mu bagenzi utwaye.’’

Ku rundi ruhande abaturage bagendera mu modoka rusange ndetse n'abakorera mu nyubako zihuriramo abantu benshi, bavuga ko aho hantu haba hakwiye kuba hari umwuka uhagije.

Minisitiri w'Ubuzima, Dr.Daniel Ngamije avuga ko mu byo abantu bakora kugira ngo birinde kurengwa n'iki cyorezo, harimo gukorera ahantu hari umwuka wo hanze kdi uhagije.  

Yagize ati ‘’Ubushakashatsi bumaze kwemeza  ko  iyi virus itembera mu mwuka kandi igakwirakwira mu bantu igihe bari ahantu hafunganye kandi hatageramo umwuka wo hanze uhagije, bityo haba harimo urwaye, akanduza abari kumwe nawe  ahumetse, avuze cyangwa se akoroye, reka  twiyemeze gukorera imirimo yacu hanze aho bishoboka, dufungure amadirishya kugira ngo twinjize umwuka mwiza.’’

Dr.Menelas Nkeshimana, umwe mu bari mu itsinda rikurikirana ibijyanye n’ubuvuzi bwa Covid 19, avuga ko iyo abantu bari ahatagera umwuka wo hanze uhagije bakomeza gusangira uwo bamaze guhumeka, ufite covid muri bo akaba yayanduza abandi.

Yagize ati ‘’Hari abantu bagendana iyi virus batabizi, iyo uwo muntu yicaye nko mu biro avuga aseka cyangwa aririmba, umwuka umukikije ujyamo virus ku kigero cyo hejuru, bivuze ko niyo yahava hakaza undi, akinjira muri icyo cyumba gifunganye cyangwa kidafite amadirishya, nawe ashoboka guhumeka uwo mwuka uhumanye akandura covid 19.’’

‘’Urugero nk’abakarani cyangwa abakorera hafi y’isoko, usanga iyo igihe cyo kurya kigeze bajya kurya ahantu hamwe hafunganye hari umwuka muke, tubasaba kugira ibyo bakorera hanze kandi resitora zibafashe, mu biro naho bagabanye abakozi nk’uko amabwiriza abisaba.’’

Dr.Menelas avuga kandi ko mu hakomeje kugararagara imibare iri hejuru y'abanduye covid 19, harimo nk'ahahurira abakora imirimo y'ingufu bazwi nk'abakalani, mu bakozi bo mu biro bakorera ahantu hafunganye, kwa muganga, ndetse no mu mashuri.

Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko  kubahiriza ingamba aribyo bizatuma imibare y’abandura idakomeza kuzamuka, mu gihe hategerejwe ko byibura  60% by’abanyarwanda babona urukingo rwa covid 19.


Carine Umutoni




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage