AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Guverinoma yatanze miliyari 10 ngo ibiciro bya peteroli bidatumbagira

Yanditswe Aug, 07 2022 21:06 PM | 51,438 Views



Guverinoma y’u Rwanda yijeje Abanyarwanda ko  ibikomoka kuri peteroli bitazabura ku isoko, kandi itanga nkunganire ya miliyari 10 kugira ngo ibiciro byabyo bidatumbagira cyane.

Guhera kuri uyu wa Mbere, igiciro cya kitiro ya lisansi cyiyongereyeho amafaranga 149  na ho icya mazutu kiyongeraho amafaranga 104. Bivuze ko mu mezi abiri, lisansi igiye kugura 1609 Frw na ho mazutu ikagira 1607 Frw.

Iri zamuka ry’ibiciro ngo ryatewe n’izamuka ry’igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli ku isoko mpuzamhanga,izamuka ry’igiciro cy’ubwikorezi  ndetse n’icy’ubwishingizi.

Minisitiri w’Ibikorwaremezo Dr Nsabimana Ernest avuga ko iyo Leta idashyiramo  nkunganire ya miliyari 10 ibiciro byashoboraga kuzamuka kurushaho.Yijeje ko iri zamuka ry’ibiciro ntacyo rizahindura ku biciro by’ingendo kandi ko igihugu gifite ibikomoka kuri peteroli bihagije.

Ku rundi ruhande, Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda Prof.Ngabitsinze Jean Chysostome avuga ko Leta yashyizeho ingamba zo kurinda ko hagira abikinga mu izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bakazamura n’ibiciro by’ibindi bicuruzwa no mu gihe bitari ngombwa.

Yashimangiye ko minisiteri ayoboye izirikana cyane kurengera inyungu z’abacuruzi n’abaguzi.

Jean Paul MANIRAHO



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage