Yanditswe Mar, 26 2021 06:32 AM | 47,274 Views
Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yabwiye abagize Inteko Ishinga Amategeko ko Leta yagennye miliyari 150 z’amafranga yo kuzahura inganda zazahajwe n’icyorezo cya COVID19, ibi bikazatuma umusaruro wazo wongera kuzamuka kuko mwaka ushize wagabanutse ku gipimo cya 4%.
Ni ikiganiro cyakozwe hifashishijwe ikoranabuhanga, aho Minisitiri w'Intebe, Dr Edouard Ngirente yagaragarije abagize Inteko Ishinga Amategeko Imitwe yombi ibikubiye muri gahunda yo kuzahura ubukungu bw’igihugu bwashegeshwe n’icyorezo cya CIVID19 by’umwihariko mu rwego rw’inganda cyane ko umusaruro warwo wagabanutse ku mpuzandengo ya 4%.
Dr Ngirente yagaragaje ko icyorezo cya COVID19 cyasanze ubukungu bw’isi muri rusange bwari bwazamutse ku gipimo cya 2.8% muri 2019 mu gihe byari biteganijwe ko buzamuka ku gipimo cya 3.6% muri 2020 ariko ntibwazamuka uko byari biteganijwe.
Yavuze ko COVID19 yagize ingaruka zikomeye mu bukungu bw’igihugu bwazamukaga ku gipimo cya 7.4%, aho nko mu gihembwe cya kabiri cya 2020 bwamanutse ku gipimo cya 12% munsi ya zero. Agaragaza ko urwego rw’inganda na rwo rwahuye n’ingorane.
Nubwo mu mwaka ushize Leta yashyizeho ikigega nzahurabukungu kigamije gufasha inzego zinyuranye zagizweho ingaruka n’icyorezo aho miliyari 75 muri miliyari 100 zashyizweho zamaze guhabwa abikorera, Minisitiri w’Intebe avuga ko inganda nk’urwego rwa 2 mu kwinjiza imisoro myinshi, inganda zashyiriweho miliyari 150 kugira ngo zikomeze guhangana n’ingaruka za COVID19.
Byinshi mu bibazo n’ibitekerezo by’abadepite n'abasenateri birarebana ahanini n’ubwihutirwe bwo kuzahura urwego rw’inganda kugira ngo umusaruro uziturukamo ukomeze kuzamura ubukungu bw’igihugu bityo ibyo igihugu gitumiza hanze bigabanuke ahubwo hongerwe ibyoherezwayo.
Dr Ngirente yabasobanuriye hakomeje gahunda yo kubaka ibyanya by’inganda 9 hirya no hino mu turere kugira ngo zikomeze gutanga umusaruro ugaragara bityo intego y’uko uru rwego ruzaba rutanga 21% by’umusaruro mbumbe w’igihugu mu mwaka wa 2024 izagerweho kuko uru rwego rwari rugeze ku gipimo cya 19%.
Jean Claude Mutuyeyezu
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru