Yanditswe May, 01 2021 18:58 PM | 23,797 Views
Asoza inama ya komite nyobozi yaguye y'Umuryango FPR Inkotanyi, Chairman wa RPF Inkotanyi Paul Kagame yavuze ko icyo u Rwanda rukeneye ari amahoro ndetse n'ubwisanzure mu gushyira mu bikorwa gahunda zo guteza imbere no kuzana impinduka mu Rwanda.
Yagize ati "Ntitwifuza kugira uwo tubangamira muri uru rugendo kimwe nuko natwe tutwifuza ko hagira utubangamira mu rugendo rwacu."
Chairman
w’Umuryango RPF Inkotanyi Paul Kagame yavuze ko umwihariko w’ibisubizo u Rwanda
rukeneye na byo bishingiye ku mwihariko w’ibibazo bigomba gukemuka. Aha akaba
yabwiye abanyamuryango b’umuryango wa RPF Inkotanyi agira ati "Iyo wumva ko
uzakemura ibibazo nkuko ahandi bikemuka uba wamaze guhabanya n’indangagaciro
z’uyu muryango. Dufite umwimerere wacu ndetse n’uburyo dukoramo ibintu."
Perezida Paul Kagame yasabye abanyamuryango ndetse n’Abanyarwanda muri rusange yaba umuto cyangwa umukuru bagomba kumenya ko iyo ari yo mikorere y’umuryango RPF Inkotanyi. Yavuze guharanira gukora icyiza ari cyo cyonyine kizaca intege abo bose barwanya gahunda nziza uyu muryango ugeza ku Banyarwanda. Ati "Gukora ibyiza nibyo bizaturinda abo bose batwifuriza inabi."
Yavuze ko abo bose bakomeje gusebya igihugu hari kimwe bananiwe gutsinda icyo kikaba aribyo igihugu gikomeje kugera.
Ku munsi wa kabiri ari na wo wari uwa nyuma Chairman w'Uumuryango RPF Inkotanyi akaba yashimiye abanyamuryango bitabiriye iyi inama yagutse ndetse nabatanze ibiganiro.
Kuri uyu munsi wa kabiri mu biganiro byatanzwe harimo ikijyanye n’ubutabera kuri jenoside yakorewe abatutsi ndetse n’incamake ya raporo ku ruhare rw’u Bufaransa muri jenoside yakorewe raporo yiswe Muse Report.
Iki kiganiro ahanini cyibanze guhangana n'abakomeje kugoreka amateka y’Abanyarwanda cyane abo bakomeje gupfobya no guhakana jenoside yakorewe abatutsi.
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta Johnston Busingye, yavuze ko igikomeye kiri muri raporo yakozwe n’u Bufaransa ndetse n'iyakozwe n’u Rwanda ari uko abakekwaho jenoside bagishakishwa hirya no hino kugeza bamaze gutakaza ubufasha bahabwaga n’u Bufaransa, ibi bikaba bigiye korohera ubutabera mu kubata muri yombi.
Bamwe mu batanze ikiganiro bavuze ko nta na rimwe ikinyoma kizatsinda ukuri, maze bemeza ko ukuri kw’amateka ya jenoside yakorewe kuzwi kandi ko kugomba gutsinda.
Sylivanus KAREMERA
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru