Yanditswe Sep, 06 2019 17:02 PM | 10,417 Views
Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo
rwaburanishirije mu ruhame urubanza ruregwamo umugabo n’umugore bafatanywe udupfunyika
tw’urumogi tubarirwa mu bihumbi 24.
Urubanza rwaburanishirijwe i Gasanze mu Murenge wa Nduba. Umugabo waburanishijwe afite abagore 2 ariko ubucuruzi bw’urumogi yabukoranaga n’umuto. We yemera icyaha kuko n’ubundi yigeze kugifungirwa ahabwa imbabazi na Perezida wa Republika. Umugore we avuga ko arengana agasaba urukiko kumurenganura.
Abandi baburanishwa hamwe ni abasore 2 bakekwaho ubufatanyacyaha bo bakora umwuga w’ubumotari, bakurikiranweho kuba baranekeraga aho abapolisi bari kugira ngo badafata abacuruzaga uru rumogi, ibyo umwe akabihemberwa hagati y’ibihumbi 30 na 40.
Na ho abandi babiri bo ni abakiliya be baruguraga bisanzwe.
Ku itariki ya 31 Nyakanga 2019, ni bwo uyu mugabo w’imyaka 36 yatawe muri yombi nyuma y’uko polisi isanze udupfunyika tw’urumogi mu modoka ye no mu gikoni cy’inzu akodesha iherereye mu murenge wa Nduba.
Umunyabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Nduba, Musasangohe Providence we avuga kuburanishiriza ibyaha nk'ibi mu ruhame biri bubafashe mu bukangurambaga cyane cyane mu rubyiruko.
Yagize ati ''Igihugu cyacu kiri mu rugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge, iki rero ni kimwe mu bikorwa bishobora kuba byatanga ubutumwa mu gushishikariza abaturage kureka icuruzwa ry'ibiyobyabwenge no kubinywa kuba rero baje mukaba munareba ko twahamagaye abaturage mu rubanza ni ukugira ngo ubutumwa bugere kuri benshi no kugira ngo bumve ibihano bihabwa uwacuruje cyangwa se uwabinyweye bityo bafate ingamba zikomeye.''
Bamwe mu rubyiruko rwaje mu rubanza rwo muri aka kagari bahavuye bafashe ingamba zo kuzajya batanga amakuru hagize icyo babona ku biyobyabwenge byose.
Hakizimana Emmanuel yagize ati ''Ingamba mfatiye aha ngaha n'undi wese ni uko nafata uwo nabona wese ari muri ibyo bikorwa , ni yo naba nta bushobozi mfite ariko natanga n'amakuru.''
Ubushinjacyaha bwasabiye aba bakurikiranyweho iki cyaha ko bose bakatirwa igifungo cya burundu n'izahabu y'amafaranga miliyoni 30 kuri buri wese no gufatira imodoka yakoreshwaga mu kuzana uru rumogi.Urubanza rukaba ruzasomwa ku itariki 13 Nzeri 2019 mu Murenge wa Nduba.
Inkuru mu mashusho
Mugisha Pamella
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru