AGEZWEHO

  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...
  • Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023 – Soma inkuru...

Etienne Ndayiragije yagizwe umutoza wa Kiyovu Sports asimbuye Karekezi Olivier

Yanditswe May, 05 2021 13:00 PM | 73,002 Views



Kuri uyu wa Gatatu ubuyobozi bwa ikipe ya Kiyovu Sports, bwerekanye umutoza mushya, Etienne Ndayiragije ukomoka mu Burundi.

Ndayiragije wanatoje ikipe y’Igihugu ya Tanzania, ayaje kuri uyu mwanya asimbuye Karekezi Olivier uherutse kwirukanwa.

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko uyu mutoza yahawe amasezerano y'imyaka ibiri.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, Ndayiragije yavuze ko afitanye na Kiyovu imishinga miremire irimo gusubiza icyubahiro iyi kipe, no kwita ku ikipe y'abakiri bato ba Kiyovu Sports.

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwatandukanye na Karekezi Olivier, nyuma y’aho ngo aviriye mu mwiherero atamenyesheje inzego bireba.

Tariki 2 Gicurasi uyu mwaka nibwo komite nyobozi ya Kiyovu Sports yateranye ifata umwanzuro wo gusesa amasezerano yari ifitanye n’uyu mutoza.

Yari yagizwe Umutoza Mukuru wa Kiyovu Sports muri Gicurasi 2020, aho yari yashyize umukono ku masezerano y’imyaka ibiri mu ntangiriro z’Ukwakira.

Ubwo yatorwaga, Mvukiyehe Juvénal uyobora Kiyovu Sports, yabwiye abakunzi bayo ko yazanye Karekezi Olivier nk’umutoza kuko bafatanyije gukora umushinga w’uburyo iyi kipe yatwaramo igikombe cya Shampiyona.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage