Yanditswe Apr, 10 2024 17:58 PM | 238,645 Views
Kuri uyu wa Gatatu, muri Car Free Zone mu Mujyi wa Kigali habereye igikorwa cyiswe ”Abagore Bahagaze Bemye” kigamije kugaragaza binyuze mu bugeni, akaga gakomeye abagore bahuye nako muri Jenoside yakorewe Abatutsi ariko nyuma yayo bagakomeza ubuzima kuri ubu bakaba bahagaze bemye.
Ni igikorwa kije gikurikira icyakozwe mu mwaka wa 2014 cyiswe” Abagabo Bahagaze Bemye”.
Nk'uko byatangajwe muri iki gikorwa, abagore ni bamwe mu bahuye n’akaga gakomeye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, aho bamwe muri bo bafashwe ku ngufu, ndetse bamwe banduzwa virus itera SIDA n’abakorewe ihohoterwa rikomeye mu myanya y’ibanga.
Ni umushinga wakozwe n’umunyabugeni, Bruce Clarke uvuga ko ubugeni ari kimwe mu bigira uruhare rukomeye mu kongera kubaka icyizere mu bantu ndetse no kongera kubahuza nyuma y’ibihe bikomeye baba baranyuzemo.
Bruce Clarke ukomoka muri Afurika y’Epfo, avuga ko buri gihangano gishushanya akababaro, gutakaza ibyiringiro no kongera kwigirira icyizere kw’abagore barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Minisitiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascene, yashimye umwete udasanzwe wagaragajwe n’abagore nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, aho baharaniye kwiyubaka ndetse Umuryango w’Abapfakazi ba Jenoside, AVEGA Agahozo, ukaba ari umwe mu miryango ya mbere yashinzwe n’abarokotse Jenoside.
Imibare igaragaza ko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, hari abagore bari hagati y’ibihumbi 300 n’ibihumbi 500 bafashwe ku ngufu, 66% by'abo bakaba barandujwe Virus itera SIDA.
İki gikorwa cyatewe inkunga n’ibihugu by’u Bufaransa, Ubudage ndetse n’Ubusuwisi.
Igikorwa cyo kumurika ibihangano, uretse mu Mujyi wa Kigali kızakorerwa no ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Murambi.
Imyinshi izafungwa- Umushinga w'itegeko rishya rigenga imiryango itari iya Leta uteye impungeng ...
4 hours
Soma inkuru
Ishyaka PDI ryiyemeje kuzashyigikira Paul Kagame mu matora y’Umukuru w’Igihugu
Apr 28, 2024
Soma inkuru
Zimwe mu mpinduka zagaragaye muri Kaminuza mu myaka 30 ishize
Apr 27, 2024
Soma inkuru
Abanya-Kigali bishimiye kongera gukomorerwa kubaka
Apr 27, 2024
Soma inkuru
Hakiriwe dosiye 4698 z'abaregwa gukoresha nabi umutungo wa Leta mu myaka 5
Apr 27, 2024
Soma inkuru
Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023
Apr 26, 2024
Soma inkuru
Minisitiri Gasana yasabye urubyiruko gushikama bagahangana n’abakomeje gupfobya Jenoside
Apr 26, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwifatanyije n'isi mu munsi mpuzamahanga wo kurwanya Malariya
Apr 25, 2024
Soma inkuru