AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Urwego rw'Umuvunyi rwagejeje mu nkiko dosiye 38 ku bibazo bishingiye ku kumenyekanisha umutungo

Yanditswe Jul, 01 2021 20:43 PM | 21,897 Views



Urwego rw’Umuvunyi  rwatangaje ko hari dosiye 38 rwashyikirije inkiko ku bibazo bishingiye ku kumenyekanisha umutungo, ni mu gihe hashize umunsi umwe gusa igihe cyahawe abarebwa n’iyi gahunda kirangiye.

Kumenyekanisha umutungo ni igikorwa kireba abayobozi n'abakozi mu nzego z'imirimo zitandukanye, bafite aho bahurira n'imikoreshereze y'umutungo wa Leta.

Maitre Jean Paul Ibambe, umuyobozi ushinzwe gahunda mu ihuriro ry'imiryango itanga ubufasha mu by'amategeko, ashima ko hashyizweho itegeko rituma abo bayobozi bamenyekanisha imitungo mu nyungu za rubanda no kurwanya ruswa,

Yagize ati “Tubona ari itegeko ryiza rifasha gutuma hakumirwa ibyaha bijyanye na ruswa,  gusa icya mbere ni uko hashyirwa imbaraga mu gushyira mu bikorwa iri tegeko kuko iyo wumvishe ibivugwa mu bantu tukabigereranya na raporo tubona ukumva ngo abantu batanu cyangwa  20 ni bo batigeze bamenyekanisha imitungo.”

“Twumva hashyizwe imbaraga mu kurishyira mu bikorwa ndetse no kureba uko itegeko riteguye ritahinduka kugirango, ibyo bamenyekanishije bigiye binatangazwa tubona iri tegeko ryarushaho kugira ingaruka nziza.”

Umuyobozi w'umuryango urwanya ruswa n'akarengane Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immaculee asanga hakwiye gushyirwaho uburyo bw'igenzura rihamye, butuma n’ufite indi mitungo yanditse ku bandi igaragara:

Ati ''Gusa twebwe impungenge tugira ni imwe nta buryo buriho buzwi bwo kureba niba koko buri muntu yagaragaje ibyo atunze by'ukuri  nta n'uburiho bwo kumenya imitungo ashobora kwandikisha ku bandi bantu, ngirango muzi abo bita abashumba ngo baragirira abandi, nk’ubu nkaba nakwandikaho iyi nzu  tubiziranyeho ko ari iyange ariko mu mpapuro bigaragara ko ari iyawe.”

Umuvunyi mukuru w'u Rwanda, Nirere Madeleine yemeza ko kuri ubu iki gikorwa cyo kumenyekanisha imitungo gitanga umusaruro mu kurwanya ruswa mu bayobozi n’abakozi bigwizaho imitungo, no mu kugaruza umutungo wa leta.

Avuga ko abandika imitungo ku bandi bombi bahanwa n'amategeko.

Ati ''Mu bo twabonye bagaragaye hari nk'uwo wabonaga ahembwa ibihumbi 200 Frw, ugasanga afite miliyoni 500 Frw ukibaza ngo miliyoni 500 zavuye hehe. Iyo ukurikiranye neza usanga hari umuntu awuragiriye, abo bashumba nibo dukurikirana kandi uragiye umutungo w'undi nawe arahanwa kimwe na nyirayo.”

Urwego rw’umuvunyi rugaragaza ko dosiye 38 zashyikirijwe inkiko kuva muri Nyakanga 2020 kugera Kamena 2021, kubera igenzura ry'umutungo rwakozwe mu rwego rwo gukumira ruswa.

Hari kandi izindi dosiye 12 zoherejwe mu kwezi kwa Gicurasi uyu mwaka mu rwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB, z’abakekwaho kwigwizaho umutungo mu buryo budakurikije  amategeko  no kudashobora gusobanura  inkomoko yawo.

Bienvenue Redemptus




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage