AGEZWEHO

  • Abanyarwanda bashoye imari mu gutwara abantu muri Uganda barishimira umupaka wafunguwe – Soma inkuru...
  • Abahabwa inkunga zo kubavana mu bukene baravuga ko ubuzima bwabo burimo guhinduka – Soma inkuru...

MU RWANDA HAFUNGUWE IKIGO GISHYA CY'IKORANABUHANGA

Yanditswe May, 15 2019 16:27 PM | 10,565 Views



I Kigali hafunguwe ku mugaragaro ikigo kizafasha mu bijyanye no guteza imbere ikoranabuhanga cyitwa Digital Transformation Centre; kiri Kimihurura hafi ya Kigali Heights mu nyubako ya  Career Center; cyafunguwe kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Gicurasi 2019.


Abafite imishinga y’ikoranabuhanga bazajya bahabonera ubufasha burimo ubw’ubumenyi bakaba  babifata nk’ikintu cy’ingenzi.

Iki kigo cya DIGITAL TRANSFORMATION CENTER kizafasha mu kurushaho kunoza imikorere y’ibijyanye n'ikoranabuhanga mu Rwanda.  

Ministiri w'Ikoranabuhanga na Inovasiyo Paula Ingabire avuga ko usibye kuba ari ahantu haguye kandi heza hazifashishwa mu kungurana ibitekerezo, muri iki kigo hazaba hari n'abazafasha abazahakorera mu kwiyungura ubumenyi.


Bucyeyeneza Isabelle, Melisa Inyange na Kabera Kevin ni bamwe mu bazakoresha iki kigo bavuga ko ari ahantu heza hazabafasha kwagura ibikorwa byabo.

Digital Transformation center ni ikigo kije gukemura ibibazo mu by'ikoranabuhanga mu Rwanda ndetse no muri Afrika kandi kigafasha abazagikoreramo kurushaho guhanga udushya mu ikoranabuhanga riganisha ku ntego z'iterambere rirambye isi yihaye kugeza mu 2030.


Inkuru ya Cyubahiro Gasabira Gad




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda bashoye imari mu gutwara abantu muri Uganda barishimira umupaka waf

Abahabwa inkunga zo kubavana mu bukene baravuga ko ubuzima bwabo burimo guhinduk

Perezida wa Sena yasabye Abanyarwanda kugendera kure imyifatire yose igamije gup

Rusesabagina na Nsabimana Callixte bahawe imbabazi

Abarangije mu ishuri Rikuru rya gisirikare rya Nyakinama basabwe gukoresha neza

Uganda Airlines yemerewe gukorera mu Rwanda

Icyo abacuruzi biteze ku kigega kizunganira ishoramari

U Rwanda n’abafatanyabikorwa mu bufatanye mu guhangana n’ihindagurik