AGEZWEHO

  • Abagore bari mu nzego z'ubuyobozi n'abazihozemo muri Loni basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali – Soma inkuru...
  • Amajyaruguru: Abaturage babangamiwe n'buriganya bukorwa n'abakomisiyoneri – Soma inkuru...

MU RWANDA HAFUNGUWE IKIGO GISHYA CY'IKORANABUHANGA

Yanditswe May, 15 2019 16:27 PM | 10,778 Views



I Kigali hafunguwe ku mugaragaro ikigo kizafasha mu bijyanye no guteza imbere ikoranabuhanga cyitwa Digital Transformation Centre; kiri Kimihurura hafi ya Kigali Heights mu nyubako ya  Career Center; cyafunguwe kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Gicurasi 2019.


Abafite imishinga y’ikoranabuhanga bazajya bahabonera ubufasha burimo ubw’ubumenyi bakaba  babifata nk’ikintu cy’ingenzi.

Iki kigo cya DIGITAL TRANSFORMATION CENTER kizafasha mu kurushaho kunoza imikorere y’ibijyanye n'ikoranabuhanga mu Rwanda.  

Ministiri w'Ikoranabuhanga na Inovasiyo Paula Ingabire avuga ko usibye kuba ari ahantu haguye kandi heza hazifashishwa mu kungurana ibitekerezo, muri iki kigo hazaba hari n'abazafasha abazahakorera mu kwiyungura ubumenyi.


Bucyeyeneza Isabelle, Melisa Inyange na Kabera Kevin ni bamwe mu bazakoresha iki kigo bavuga ko ari ahantu heza hazabafasha kwagura ibikorwa byabo.

Digital Transformation center ni ikigo kije gukemura ibibazo mu by'ikoranabuhanga mu Rwanda ndetse no muri Afrika kandi kigafasha abazagikoreramo kurushaho guhanga udushya mu ikoranabuhanga riganisha ku ntego z'iterambere rirambye isi yihaye kugeza mu 2030.


Inkuru ya Cyubahiro Gasabira Gad




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Brig.Gen Rwivanga yasabye abiga muri RICA gusigasira ibyo u Rwanda rwagezeho

General Gatsinzi Marcel yashyinguwe

Ingabo za Congo zongeye kurasa ku butaka bw'u Rwanda

U Rwanda rwamaganye amakuru avuga ko RDF ifasha abarwanya FARDC

Abayobozi b'inzego z'ubuzima mu ngabo zo muri EAC mu nama ku bufatanye

Perezida Kagame yashimye inzego z'umutekano ku bwitange zagaragaje muri 202

RDF yatangaje ko ntaho ihuriye n'ibikorwa by'abahoze ari abarwanyi ba

Col Karuretwa yagizwe Brig General, anagirwa umuyobozi muri RDF