AGEZWEHO

  • Nyakinama: Hagiye gutangwa Impamyabumenye ku bofisiye bakuru 48 baharangije – Soma inkuru...
  • General James Kabarebe yasuye Ingabo z'u Rwanda ziri muri Centrafrique – Soma inkuru...

Bumwe mu butumwa bwatanzwe n'abahawe inshingano nshya muri Guverinoma

Yanditswe Mar, 25 2023 15:16 PM | 24,543 Views



Kuri uyu wa Gatanu, Umukuru w’Igihugu yashyizeho abayobozi mu nzego zitandukanye, Minisiteri y’Urubyiruko ihabwa Dr Abdallah Utumatwishima naho Busabizwa Parfait aba Umunyamabanga Uhoraho muri iyi Minisiteri.

Uko abayobozi bahawe inshingano.


Nyuma y'aho bamenye inshingano nshya bahawe, bamwe muri aba bayobozi bagaragarije Umukuru w'Igihugu ko bishimiye gukomeza gukorera igihugu, ndetse bakaba biteguye gukoresha ubushobozi bwose kugira ngo buzuze inshingano bahawe.

Dr Abdallah Utumatwishima wagizwe Minisitiri w'Urubyiruko yagize ati "Ntewe ishema no kugirirwa icyizere na Nyakubahwa Perezida Paul Kagame, Perezida w’igihugu cyacu cy’u Rwanda, cyo kuyobora Minisiteri y’urubyiruko. Ndabashimiye cyane Nyakubahwa Perezida, mbizeza ko nzakorana umurava izi nshingano."

Busabizwa Parfait wabaye Umunyamabanga Uhoraho muri iyi Minisiteri we yagize ati "Mbikuye ku mutima, ndabashimiye cyane Nyakubahwa Perezida wa Repubulika ku cyizere mwongeye kungirira munshinga indi mirimo. Ndabizeza ko nzakora uko nshoboye kose kugira ngo nuzuze inshingano nshya mwampaye. Imana ibarinde."

Nelly Mukazayire wagizwe Umuyobozi Mukuru wungirije muri RDB we yagize ati "Gukorera u Rwanda byakomeje kuba icyubahiro cyanjye gikomeye. Nishimiye amahirwe yo gukomeza gukorera igihugu muri izi nshingano nshya muri RDB. Ndashimira byimazeyo Nyakubahwa Perezida Kagame, kubwo kunyizera n'inshingano z'ingenzi."




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Kubura abashoramari banini byadindije umushinga wa Gira Iwawe - BRD

Rusizi: Kuba drone zitahagera bidindiza serivisi z'ubuzima n'ubworozi

Musanze: Abaturage 26 borojwe inka n'Itorero ADEPR - Amafoto

Abasenateri batangiye gusura uturere bareba uko abaturage bakemurirwa ibibazo

Abayobozi batandukanye barimo gusura uruganda rutunganya amazi rwa Nzove

Imyaka isaga 4 irashize isoko mpuzamipaka rya Cyanika ridakorerwamo

Ubuhamya bw’ababaye kwa Gisimba uherutse kwitaba Imana

Abatuye muri Kigali basabye ko hakwihutishwa imirimo yo kwagura uruganda rw&rsqu