AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Bamwe mu batuye muri Kigali baryaga ari uko bakoze bashimye uko barimo kugezwaho ibiribwa

Yanditswe Jul, 26 2021 15:14 PM | 32,486 Views



Abaturage hirya no hino mu Mujyi wa Kigali baryaga ari uko bakoze, barishimira uburyo igikorwa cyo kubagezaho ibiribwa cyagenze muri iki gihe cya gahunda ya Guma mu rugo muri iyi minsi 10 ishize. Bemeza ko byabafashije gushyira mu bikorwa ingamba n’amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID19 bakaguma mu rugo.

Gusa bavuga ko ibiribwa by’iminsi 10 bari barahawe byatangiye gushira, bagasaba ko bakongera kugobokwa muri iyi minsi itanu yongereweho kuri gahunda ya Guma mu rugo.

Ubuyobozi bw’inzego zibanze ku mirenge buvuga ko bwatangiye kwakira ibindi biribwa ku buryo guhera kuri  uyu wa Kabiri, abaturage bongera kugerwaho n’ibindi biribwa.

Gusa hari abanenga bamwe mu bayobozi b’imidugudu n’amasibo  basize isura mbi iki gikorwa, bakajya bishyuza abaturage amafaranga yo kubipakiza abandi bakabitanga mu masaha y’ijoro bikagaragaramo akajagari.

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu igaragaza ko imiryango ibihumbi 275 mu Mujyi wa Kigali ariyo yagezweho n’ibi biribwa muri iki gihe cy’iminsi 10 ya Guma mu rugo.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney avuga ko igikorwa cyo gutanga ibiribwa muri iyi minsi 10 cyagenze neza.

Yemeza ko iyi minsi itanu guverinoma yongereye ku turere 8 n’Umujyi wa Kigali byari muri Guma mu rugo, abaturage bari barahawe ibiryo bahita bahabwa ibindi kuko ibyo bari barahawe byagimbaga kumara iminsi 10.

Minisitiri Gatabazi yihanangiriza bamwe mu bayobozi basiga isurambi Iki gikorwa cyo gutanga ibiribwa ku baturage, ntibabibagezeho uko byagenwe.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage