AGEZWEHO

  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...
  • Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023 – Soma inkuru...

Bakiranye na yombi icyemezo cyo gutanga buruse hadashingiwe ku byiciro by'ubudehe

Yanditswe Dec, 23 2019 14:28 PM | 2,250 Views



Abanyeshuri bo muri kaminuza n’ababyeyi babo barishimira impinduka mu mitangire y’inguzanyo zo kwiga amasomo ya kaminuza hadashingiwe ku byiciro by’ubudehe.

Munyemana Jean na Mugiraneza Colette batuye mu kKrere ka Gasabo, Umurenge wa Kimironko, bafite abana 9, muri bo babiri bagize amanota yo kujya muri kaminuza. Ntibyashobokeye aba babyeyi kuba babishyurira amafaranga y’ishuri, ibikoresho ndetse ngo babone n’ayo kubatunga bari ku ishuri.

Bavuga ko batemerewe guhabwa inguzanyo na Leta yo kwiga kuko ngo bari mu cyiciro cy’ubudehe kibarizwamo abifashije. Bituma umwana umwe w’umuhungu ari we ujya kwiga umukobwa arasigara. Ngo uyu na we wiga ntibyoroshye ku mubonera amafaranga yo kumurihira.

Mu nama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaye ku nshuro ya 17 Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ibyiciro by’ubudehe bitazashingirwaho mu gutanga inguzanyo yo kwiga hagendewe ku byiciro by’ubudehe.

Ni icyemezo cyakiriwe neza n’ababyeyi ndetse n’abanyeshuri bo muri kaminuza n’amashuri makuru bifite abanyeshuri bahabwa iyi nguzanyo yo kwiga.

Hashingiwe ku byiciro by’ubudehe, imiryango ibarizwa mu byiciro by’abatishoboye Leta yatanganaga inguzanyo y’amafaranga y’ishuri bitewe n’amasomo umunyeshuri yiga  ndetse n’amafaranga yo gutunga abanyeshuri bo muri iyi miryango itishoboye.

Inkuru irambuye mu mashusho


Jean Paul TURATSINZE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage