AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Ba noteri 80 batangiye gutanga serivisi z’ubutaka

Yanditswe Jun, 13 2022 16:31 PM | 86,555 Views



Ba noteri 80 batangiye gutanga serivisi z’ubutaka

Abaturage bakenera serivisi z’ubutaka barishimira ko ba noteri bigenga basigaye babaha izi serivisi, aho byatumye batagisiragira ku mirenge.

Cyakora bavuga ko babangamiwe n’ikibazo cy’amafaranya asaga ibihumbi 6 yiyongera ku bihumbi 30 bari basanzwe batanga.

Ahakorera aba ba noteri bigenga uhasanga abaturage baje gushaka serivisi z’ubutaka zirimo ihererekanya ry’ubutaka rishingiye ku bugure,izungura,impano ndetse no gutizanya ingwate.

Ni serivisi zatangwaga n’inzego z’ibanze gusa, abaturage bakagaragaza ko byadindizaga serivisi. Kuri ubu bishimira ko baruhutse izo mvune.

Ku rundi ruhande ariko ikiguzi cya serivisi bishyuraga nko guhererekanya ubutaka bishingiye ku bugure bishyuraga amafaranga ibihumbi 30 gusa. Kuri ubu buri serivisi bari guhabwa bongeraho 6,500 y’ikiguzi cya noteri wigenga. Ni ikiguzi bari gusanga kibatunguye.

Mu ntangiriro z’uku kwezi kwa gatandatu ni bwo aba ba noteri bigenga batangiye gukora. Bamwe mur bo bavuga ko aya mafaranga 6,500 bahabwa nk’ikiguzi cya serivisi ari make cyane bakurikije akazi bari gukora muri izi serivisi.

Abari basanzwe batanga izi serivise mu nzego z’ibanze bishimira ko ba noteri bigenga babagabanyirije akazi kenshi bakoraga bonyine.

Umuyobozi Mukuru w’ikigo gishinzwe imicungire n’imikoreshereze y’Ubutaka Mukamana Esperance avuga ko aya mafaranga y’ikiguzi cya noteri wigenga bayemeranijweho ku buryo kuyongera no kuyagabanya hari indi nzira bigomba kunyuramo.

Kugeza ubu ba noteri bigenga 80 ni bo batangiye gutanga izi serivisizo guhererekanya ubutaka. Ubuyobozi bw’ikigo gishinzwe imicungire n’imikoreshereze y’ubutaka busaba abaturage gukomeza gushishoza kuko uburinganya mu butaka n’abamamyi bikomeje kwiyongera.

Byitezweho ko izi mpinduka mu mitangire ya serivisi mu birebana n’ubutaka zizatuma abishimira izi serivisi zishimwa n’abaturage. Ubushakashatsi bwa RGB bwa 2021 bugaragaza uko abaturage babona serivisi, buvuga ko serivisi z’ubutaka zinengwa ku kigero cya 40.6%.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage