AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

BNR yagaragaje ko icyuho hagati y’ibyoherezwa n’ibyo igihugu gitumiza cyazamutse

Yanditswe Aug, 12 2022 19:08 PM | 120,595 Views



Banki nkuru y’u Rwanda ivuga ko kuzamuka kw’inyungu ku nguzanyo byagaragaye mu gihembwe cya kabiri cy’uyu mwaka wa 2022 ugereranije n'uko byari bimeze mu bihe nk'ibyo mu mwaka ushize, bidafite aho bihuriye na gato na politiki y’ifaranga iyo banki yashyizeho mu bihe byashize. 

Iyo banki kandi igaragaza ko icyuho hagati y’ibyoherezwa n’ibyo igihugu gitumiza cyazamutse.

Mu kiganiro na guverineri wa Banki kuru y’u Rwanda, John Rwangombwa yagaragaje ko umutungo w’ibigo by’imari wazamutse muri rusange aho atanga urugero rw’uwa za banki wazamutseho ku gipimo cya 18.8% ukagera kuri miliyali 5492 z’amafaranga y’u Rwanda kugeza muri Kamena uyu mwaka, uvuye kuri miliyali 4624 z’amafaranga mu gihe nk’icyo umwaka ushize.

Guverineri Rwangombwa anakomoza ku cyatumye inguzanyo zitishyurwa neza zigabanuka muri Kamena uyu mwaka zikagera kuri 4.6% y’inguzanyo zose zivuye kuri 5.1% byariho muri Kamena umwaka ushize.

Guverineri Rwangombwa avuga ko ikinyuranyo cy’ibyo u Rwanda rwohereza mu mahanga ugereranije n’ibyo rutumizayo cyakomeje kuzamuka kikagera kuri 20.6%, mu gihe ibyo rwohereza byari byazamutse ku gipimo cya 32.2% naho ibyo rutumizayo nabyo bikiyongeraho 24.5%. 

Gusa akagaragaza ko ubwizigame bw’amadevize igihugu gifite bwongereye ubudahangarwa ifaranga ry’u Rwanda ku isoko ry’ivunjisha.

Mu bindi Banki Nkuru y’u Rwanda yagaragaje mu mibare yayo, ni uko igiciro amabanki agurizanyaho cyazamutse kikagera kuri 5.54% bivuye kuri 5.21% byariho muri Kamena umwaka ushize. 

Mu gihe inyungu ku nguzanyo yazamutse ikagera kuri 16.31% bivuye kuri 16% mu mwaka ushize, naho ikiguzi cyo kubitsa cyagabanutseho mu gihembwe cya kabiri cy’uyu mwaka ugereranije n’umwaka ushize.

RUZIGA EMMANUEL MASANTURA




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage