AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Amashami ya UN mu Rwanda yibutse abakozi bayo bishwe muri Jenoside

Yanditswe Apr, 13 2021 08:52 AM | 16,585 Views



Umuhuzabikorwa w’amashami y’umuryango w’abibumbye mu Rwanda Fodé Ndiaye, asanga abantu bakwiye guhuriza hamwe imbaraga, bagaharanira ko Jenoside yakorewe Abatutsi itazongera kuba n'ahandi biba ku isi.

Ibi yabitangaje kuri uyu wa mbere tariki 12 Mata, ubwo hibukwagwa abakoreraga amashami ya LONI mu Rwanda bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ni umuhango wabaye hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga, ukaba wabimburiwe no gushyira indabo ahari amazina y’abantu 68  bakoreraga amashami y'umuryango w'abibumbye mu Rwanda bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi.

Devotha Murebwayire, ufite uwo bashakanye wakoreraga rimwe mu mashami y'uyu muryango akaza kwicwa muri Jenoside, yavuze ko nyuma y’ibyo banyuzemo bafite icyizere cyo kubaho.

Yagize ati ‘‘Umucyo warabonetse twizera tudashidikanya ko abacu bagiye ikivi basize batushije tuzacyusa, turashimira ubuyobozi bwa Loni ko  butuzirikana, turabashimira ariko turabasaba ko mwajya mugira akanya atari aka ko kwibuka gusa, mukamenya amakuru y’abana barokotse, ababyeyi basigaye,mukamenya imibereho barimo.’’

Umuhuzabikorwa w’amashami ya Loni mu Rwanda, Fodé Ndiaye yashimye uburyo abanyarwanda bakomeje kwiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yagize ati ‘‘Ni ingenzi kuvuga ko nyuma y’ibihe bikomeye abanyarwanda banyuzemo, abanyarwanda bateye intambwe ikomeye mu guharanira ahazaza heza kuri bose, turazirikana ababuze ababyeyi, abavandimwe n’abandi bo mu miryango yabo, tubabwira ko twifatanije nabo mu kuzirikana abo batuvuyemo bishwe, ariko tukazirikana uburyo abasigaye bakomeje guharanira kubaho, Abanyarwanda bakomeje kunga ubumwe, iki gikorwa cyo kwibuka kigomba kudufasha guharanira ko ibyabaye bitazongera kubaho ukundi, mwarakoze banyarwanda guharanira kunga ubumwe no kwiyunga.’’

Mu kiganiro kibanze ku ruhare rw’umuryango mpuzamahanga muri Jenoside yakorewe abatutsi, Dr Bideri Diogene, umushakashatsi akaba n’umukozi muri Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside, yagaragaje uburyo nyuma y’uko mu mwaka wa 1945 umuryango w’abibumbye wari wavuze ko nta Jenoside izongera kuba, ariko nyuma y'imyaka 49 mu Rwanda haba Jenoside yakorewe abatutsi, ikorwa umuryango mpuzamahanga urebera.

Yavuze ko umuryango w’abibumbye ufite inshingano zo gukumira Jenoside n’ubundi bwicanyi hirya no hino ku isi.


Carine Umutoni


Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage