AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Akazi gategereje abasirikare n’abapolisi b'u Rwanda muri Mozambike

Yanditswe Jul, 10 2021 17:34 PM | 138,283 Views



Komisiyo y’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe yashimye igikorwa cya Leta y’ u Rwanda cyo kohereza ingabo na polisi mu gihugu cya Mozambike.

Ni mu gihe kuri uyu wa Gatandatu ikindi cyiciro cy’abasirikare n’abapolisi bafashe rutemikirere berekeza muri Mozambike.

Ku Gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu ikindi cyiciro cy’abapolisi n’abasirikare bahagurutse mu Rwanda  berekeza mu Ntara ya Cabo Delgado, iherereye mu majyaruguru ya Mozambike, mu bikorwa byo gucunga umutekano no guhashya imitwe y’iterabwonba yayogoje ako gace.

Ibikorwa byo kujya muri iki gihugu byatangiye kuri uyu wa Gatanu, ariko birakomeje,  Umuvugizi w’ ingabo z’ u Rwanda Col. Ronald Rwivanga  avuga ko  mu kazi kajyanye ingabo z’ u Rwanda muri iki gihugu  harimo no kurasa ku barwanyi batera umutekano muke muri iriya ntara nibiba ngombwa.

Yagize ati “Ibi bikorwa byacu bishingiye ku mubano wacu na Leta ya Mozambike, ikindi ni uko mu bikorwa byacu twemererwa n’itegeko harimo kubungabunga umutekano ahantu hose hari ikibazo, akazi turi bukore ni aka gisirikare nyine dusanzwe dukora harimo no kurwana bibaye ngombwa ariko tuzanibanda mu gufatanya n’inzego z’igisikare cya Mozambike mu kubaka inzego z’igisikare cyabo.”

Kuba Intara ya Cabo Delgado imaze imyaka mu mvururu, kandi ibikorwa by’iterabwoba bitayisibamo, ni ho Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera  ahera avuga ko kimwe mu by'ingenzi bijyanye abapolisi muri iki gihugu cya Mozambike harimo no kurinda abaturage no kubahumuriza. 

Ati “Polisi rero ikiyijyanye ni ukurwanya iterabwoba kuko tubifite mu shingano tukabikora dufatanyije n’igipolisi cya Mozambike. Icya kabiri ni ukurinda abaturage no kubaha icyizere ko ntacyabahungabanya. Ikindi ni ukugarura ituze. Ikitujyanye rero ni uko abo bakora iterabwoba nibatsinsurwa polisi ifite ishingano zo kwereka abaturage ko batekanye rero ibyo polisi ibigiramo uruhare rukomeye cyane.”

Muri rusange, iki gikorwa gishimwa n’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe.

Abinyujije kuri twitter, Umuyobozi wa Komisiyo y’Ubumwe bwa Afrika, Moussa Faki Mahamat, yatangaje ko ashyigikiye iki gikorwa, agira ati “ Nishimiye igikorwa cy’ u Rwanda  cyo kohereza abasirikare n’abapolisi 1000 mu ntara ya Cabo Delgado babisabwe na guverinoma ya Mozambike, ni igikorwa gifatika cy’ ubufatanye bwa afurika mu gushyigikira igihugu kinyamuryango mu kurwanya iterabwoba no guhashya ibikorwa by’umutekano muke.”

Leta y’ u Rwanda ivuga ko kohereza aba abashinzwe umutekano muri Mozambike byasabwe na Leta ya Mozambike mu mugambi wo kurandura inyeshyamba zimaze imyaka zitera umutekano mu majyaruguru y’iki gihugu mu Ntara ya Cabo Delgado, muri rusange aba bashinzwe umutekano bagiye muri ibi bikorwa bakaba bayobowe na General Major Innocent Kabandana.


Fiston Felix HABINEZA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage